Abakinnyi, abatoza n’abayobozi ba Kiyovu Sports berekeje mu mwiherero kuri Muhazi (AMAFOTO)

Nyuma y’umunsi umwe hashyizweho itsinda ry’abatoza bazatoza Kiyovu Sports mu gihe cy’imyaka ibiri, abagize iyi kipe berekeje mu mwiherero wo gutegura umwaka utaha w’imikino.

Mu rwego rwo gutegura umwaka w’imikino wa 2020/2021, abakinnyi, abatoza n’abayobozi b’ikipe ya Kiyovu Sports berekeje ku Muhazi mu mwiherero, aho bateganya kuganira byinshi bizaranga uyu mwaka utaha w’imikino.

Abakinnyi bashya iyi kipe yaguze bose berekeje mu mwiherero, barimo nk’umunyezamu Kimenyi Yves na Irambona Eric bavuye mu ikipe ya Rayon Sports, harimo kandi n’umukinnyi Armel Gislain ikipe ya Rayon Sports yari yasinyishije mu minsi ishize.

Mu mafoto, abakinnyi mbere yo kwerekeza kuri Muhazi

Bwa mbere bus y'iyi kipe yari itwaye abakinnyi bayo
Bwa mbere bus y’iyi kipe yari itwaye abakinnyi bayo
Kimenyi Yves wahoze akinira Rayon Sports, ubu ni umunyezamu wa Kiyovu Sports
Kimenyi Yves wahoze akinira Rayon Sports, ubu ni umunyezamu wa Kiyovu Sports
Armel Ghislain nawe yerekeje mu mwiherero
Armel Ghislain nawe yerekeje mu mwiherero
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Mutugezaho amakuru yizewe

Hagenimana jean dedieu yanditse ku itariki ya: 5-10-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka