Nyuma y’ubwumvikane bw’impande zombi ari zo ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ndetse n’irya Senegal, umukino w’umunsi wa kabiri mu gushaka itike yo kwerekeza mu gikombe cya Afurika ntukibereye kuri Stade Huye.
- Stade Huye ntikibereyeho umukino ubanza
Nk’uko twabitangarijwe n’Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa Henry Muhire, yavuze ko impande zombi zemeranyijwe ko Senegal izakira Amavubi mu mukino ubanza ukazabera i Dakar muri Senegal, naho umukino wo kwishyura wari kuzakirwa na Senegal ukaba ari wo ubera mu Rwanda tariki ya 28/3/2023.
- Ikibuga Amavubi azakiniraho na Senegal mu mukino ubanza
Ibi bisobanyuye ko ikipe y’igihugu ya Senegal yazakinira mu rugo imikino itatu ibanza yose yo gushaka itike ya CAN, naho AMAVUBI nayo akazakinira imikino ibanza hanze y’u Rwanda, iyo kwishyura yose y’u Rwanda ikabera kuri Stade Huye (Mozambique, Senegal ndetse na Benin).
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|