Rayon Sports yasubukuye imyitozo, Sugira bivugwa ko yavunikiye mu Mavubi nawe yakoze (AMAFOTO)

Abakinnyi ba Rayon Sports bari bamaze amaezi asaga umunani badakina basubukuye imyitozo, ku kibuga basanzwe bakoreraho mu Nzove

Kuri uyu wa Mbere ku kibuga cy’imyitozo cyo mu Nzove, ni bwo ikipe ya Rayon Sports yingeye gusubukura imyitozo, ni nyuma yo gupimwa COVID-19 ndetse bakanatangira umwiherero uri kubera mu macumbi ya Skol aherereye mu Nzove.

Mu bakinnyi bakoze imyitozo, harimo abakinnyi bashya iyi kipe yaguze barimo nka Manasseh Mutatu wavuye muri Gasogi, Niyigena Clement wavuye muri Marines, Jean Vital Ourega batijwe na TP Mazembe, Niyonkuru Sadjati wavuye muri Marines, Mudacumura Jackson bita ‘Rambo’ wavuye muri Heroes na Mujyanama Fidele wavuye muri Heroes Fc.

Muri iyi myitozo hagaragayemo kandi Sugira Ernest wavuye mu ikipe y’igihugu Amavubi bivugwa ko yagize imvune, gusa ntihagaragayemo Nshimiyimana Imran na Sekamana Maxime baje muri iyi kipe bavuye muri APR FC mu mwaka ushize w’imikino.

Sugira Ernest nawe yakoze imyitozo
Sugira Ernest nawe yakoze imyitozo
Bashunga Abouba wavuye muri Buildcon yo muri Zambia nawe yarakoze
Bashunga Abouba wavuye muri Buildcon yo muri Zambia nawe yarakoze
Umutoza Guy Bukasa yakoresheje imyitozo ye ya mbere muri Rayon Sports
Umutoza Guy Bukasa yakoresheje imyitozo ye ya mbere muri Rayon Sports
Drissa Dagnogo mu myitozo
Drissa Dagnogo mu myitozo
Manasseh Mutatu nawe yakoze imyitozo ya mbere muri Rayon Sports
Manasseh Mutatu nawe yakoze imyitozo ya mbere muri Rayon Sports
Manasseh Mutatu na Mugisha Gilbert
Manasseh Mutatu na Mugisha Gilbert
Mugisha Gilbert, umwe mu bakinnyi bamaze iminsi muri Rayon Sports
Mugisha Gilbert, umwe mu bakinnyi bamaze iminsi muri Rayon Sports
Jean Vital Ourega wavuye muri TP Mazembe
Jean Vital Ourega wavuye muri TP Mazembe

Iyi kipe yanasuwe na Komite nshya iheruka gutorwa

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka