Ku wa Kabiri tariki 31 Mutarama 2023 i Nyamata mu Karere ka Bugesera, habereye umukino wa nyuma w’imikino yahuzaga inzego za gisirikare (Inter Force Competition).
Ku mukino wa nyuma hahuriye ikipe y’abasirikare barinda umukuru w’igihugu n’abandi bayobozi bakuru(Republican Guard), bakinaga n’urwego rwa Special Operations Force.
Uyu mukino warangiye Republican Guard ari yo yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda Special Operations Force ibitego 2-1.
- Ibyishimo byari byose nyuma yo kwegukana igikombe
Ikipe y’abasirikare barinda abayobozi bakuru b’igihugu yatsinze ibitego byayo mu gice cya mbere, aho icya mbere cyatsinzwe ku munota wa gatanu gusa, gitsinzwe na Mutabazi Jean Claude, icya kabiri kijyamo ku munota wa 30 gitsinzwe na Bizimana Théoneste. Igitego cya Special Operation Forces cyatsinzwe na Musengo Jean Baptiste ku munota wa 48, umukino urangira ari 2-1.
Reba ibindi muri iyi Video:
Video: Richard KWIZERA & Eric RUZINDANA
Amafoto: Eric RUZINDANA
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Wawooo nkunga RDF kuburyo nanjye ubwanjye ntatabyisobanurira songs mbera ngabo nziza