FIBAU18: Ibihugu 7 bije guhatana n’u Rwanda byageze Kigali

Mu gikombe cy’Afurika cy’abatarengeje imyaka 18, ibihugu 7 muri 11 bitegerejwe mu Rwanda byamaze kuhagera mu marushanwa atangira kuri uyu wa Gatanu

Kuri uyu wa Gatanu kuri Petit Stade Amahoro taliki ya 22 Nyakanga 2016, ni bwo haza gukinwa igikombe cy’Afurika mu mukino w’intoki wa Basketball mu batarengeje imyaka 18, rikazitabirwa n’ibihugu 12.

Ikipe ya Mali ubwo yageraga i Kanombe
Ikipe ya Mali ubwo yageraga i Kanombe
Angola izwi cyane muri uyu mukino muri Afurika nayo yahageze
Angola izwi cyane muri uyu mukino muri Afurika nayo yahageze

Muri ibi bihugu 12 harimo n’u Rwanda, ibihugu 7 ni byo byari bimaze kugera mu Rwanda kuri uyu wa kane, hakaba kandi hategerejwe bihugu bine kuri uyu wa kane.

Ibihugu byamaze kuhagera:

1. Tunisia
2. Egypt
3. Algeria
4. Gabon
5. Mali
6. Ivory Coast
7. Angola

Ibindi bihugu bitegerejwe

Zimbabwe
Benin
DR Congo
Uganda

Aya marushanwa biteganiyijwe ko azatangira kuri uyu wa Gatanu tali ya 22 Nyakanga 2016, akazasozwa taliki ya 31 Nyakanga 2016, imikino ikazajya itangira ku i Saa ine z’amanywa kugeza saa ine z’ijoro.

Amkipe yose ari muri aya marushanwa azacumbikirwa muri Hotel La Palisse i Nyandungu ndetse na Golden Tulip Hotel, mu gihe abayobozi b’ayo makipe bazaba bacumbikiwe muri Hotel The Mirror, abandi banyacyubahiro barimo abayoboz b’ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball ku isi no muri Afurika bazaba muri Hotel des Milles Collines, mu gihe ikibuga cy’imyitozo ari muri ishuri rya Green Hills.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka