Umukino wa Morocco wadufashije kugaragaza amakosa yacu - Umutoza Henry Muinuka

Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Basketball Henry Muinuka avuga ko umukino u Rwanda rwatsinzwe na Morocco amanota 58 kuri 53 wabafashije kugaragaza amakosa no gukosora ibitaragenze neza ku mukino wa Misiri wakinwe ku Cyumweru tariki ya 14 Gashyantare 2021.

Kenny Gasana wambaye nimero 12 ni umwe mu bakinnyi bafite ubunararibonye mu Rwanda
Kenny Gasana wambaye nimero 12 ni umwe mu bakinnyi bafite ubunararibonye mu Rwanda

Mu masaha asatira umugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 16 Gashyantare 2021 Ikipe y’igihugu’U Rwanda ya Basketball yakinnye umukino wa Kabiri wa gicuti na Morocco umukino U Rwanda rwakinnye neza nubwo rwatsinzwe amanota 58 kuri 53.

Nyuma y’umukino umutoza w’iyi kipe Henry Muinuka yavuze ko uyu mukino wabafashije kugaragaza amakosa. Yagize ati " Uyu mukino wadufashije kugaragaza amakosa yacu neza , navuga ko twugariye neza cyane ariko twakinnye umukino ugenda gake mu busatirizi aribyo tugomba gukosora mu irushanwa nyirizina."

Uko uduce tw’umukino twagenze

Agace ka Mbere: Rwanda 13-14 Morocco
Agace ka Kabiri: Rwanda 22-33 Morocco
Agace Gatatu : Rwanda 37-46 Morocco
Agace ka Kane: 53 Rwanda 58 Morocco

Morocco yagoye u Rwanda cyane
Morocco yagoye u Rwanda cyane

Ku wa Gatatu tariki ya 17 Gashyantare 2021 saa 18:00 z’umugoroba nibwo u Rwanda ruzakina umukino warwo wa Mbere aho ruzakina na Mali. Umukino uzabanzirizwa n’uwa Sudani y’Epfo na Nigeria uzakinwa saa kumi.

Morocco
Morocco
Rwanda
Rwanda
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka