Basketball: REG na Patriots mu makipe agiye guhatanira Igikombe cy’Intwari

Amakipe 11 ni yo yamaza kwiyandikisha guhatana mu irushanwa ryo kwizihiza umunsi mukuru w’intwari z’igihugu rizatangira tariki ya 25 Mutarama rigasozwa tariki ya 1 Gashyantare uyu mwaka.

Aya makipe 11 arimo amakipe arindwi y’abagabo yashyizwe mu matsinda abiri n’amakipe ane y’abagore yashyizwe mu itsinda rimwe.

Mu bagabo harimo amakipe abiri amaze iminsi ahanganye muri basketball y’u Rwanda ariyo REG na Patriots.

Aya makipe niyo yahuriye ku mukino wa nyuma w’iri rushanwa umwaka ushize akaba ,akaba ari nayi afite amahirwe menshi yo guhurira ku mukino wa nyuma w’iri rushanwa umwaka ushize REG igatwara igikombe itsinze Patriots amanota 54 kuri 51.

Uretse aya makipe abiri kandi,hari Espoir BBC,APR BBC, RP-IPRC HUYE BBC, UGB na 30 PLUS.Aya makipe akaba yashyizwe mu matsinda abiri aho agomba gukina imikino y’amajonjora hanyuma amakipe arangije ari ku myanya ibiri ya mbere agahurira ku mukino wa nyuma.

Naho mu bagore irushanwa rizitabirwa n’amakipe ane ari mu itsinda rimwe ariyo RP-IPRC HUYE BBC, APR BBC (W), THE HOOPS BBC na UBUMWE BBC.Muri iri tsinda amakipe yose azahura buri imwe imwe hanyuma ifite amanota menshi itware igikombe.

Gahunda y’imikino:

Ku wa gatandatu tariki ya 26/01/2019

13:00 APR BBC vs 30 PLUS BBC

13:00 THE HOOPS BBC vs APR BBC (w)

15:00 REG BBC vs RP- IPRC HUYE

15:00 UBUMWE BBC vs RP- IPRC HUYE (w)

17:00 UGB vs PATRIOTS BBC

Ku cyumweru tariki ya 27/01/2019

09:00 RP- IPRC HUYE vs ESPOIR BBC

11:00 RP- IPRC HUYE (w) vs THE HOOPS BBC

13:00 APR BBC vs UGB

15:00 APR BBC (w) vs UBUMWE BBC

15:00 PATRIOTS BBC vs 30 PLUS BBC

Ku wa kane tariki ya 31/01/2019

18:00 ESPOIR BBC vs REG BBC

20:00 PATRIOTS BBC vs APR BBC

Ku wa gatanu tariki ya 01/02/2019

11:00 THE HOOPS BBC vs UBUMWE BBC

13:00 30 PLUS BBC vs UGB

Ku wa gatandatu tariki ya 02/02/2019

18:00 RP- IPRC HUYE (w) vs APR BBC (w)

Ku cyumweru tariki ya 02/02/2019

Hazakinwa umukino wa nyuma mu bagabo uzahuza ikipe ya mbere mu itsinda rya mbere n’iya mbere mu itsinda rya kabiri

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka