Basketball: FERWABA yabonye umufatanyabikorwa mushya

Ishyirahamwe ry’umukino w’Intoki wa basketball mu Rwanda (FERWABA) ryasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Inyange Industries Azamara umwaka umwe.

Ubufatanye bwa FERWABA n'uruganda Inyange bufite agaciro ka miliyoni 26Frw
Ubufatanye bwa FERWABA n’uruganda Inyange bufite agaciro ka miliyoni 26Frw

Ni amasezerano yasinywe kuwa kabiri tariki 11 Kamena 20214, hagati ya federasiyo ya basketball n’abahagarariye inyange aho aya amasezerano azaba areba shampiona y’icyiciro cya mbere muri basketball abagabo n’bagore.

Nk’uko bisobanurwa na Ntagozera Yvette ushinzwe imenyekanishabikorwa muri Inyange Industries, avuga ko ubu bufatanye na federasiyo ya Basketball mu Rwanda, FERWABA buzabafasha kumenyekanisha ibikorwa byabo biciye muri uyu mukino ndetse ko amakipe yose yo mu cyiciro cya mbere, ubuyobozi bwa federasiyo n’abandi bazajya bagenerwa ibikorwa byabo bisanzwe bikorwa na Inyange.

Ntagozera Yvette, ushinzwe imenyekanisha bikorwa mu ruganda Inyange
Ntagozera Yvette, ushinzwe imenyekanisha bikorwa mu ruganda Inyange

Ati: “Twishimiye kuba tugiye kubana na FERWABA, ni ibyagaciro kugira uruhare mu iterambere ry’abakinnyi n’umukino muri Rusange binyunze mubyo dukora bizagera ku bakinnyi n’abakunzi ba basketball muri rusange”.

Ni amasezerano afite agaciro ka milioni 26Frw akubiye mu binyobwa bikorwa n’uru ruganda mu gihe kingana n’umwaka, nk’uko amasezerano bagiranye abivuga, hakazitabwa ku marushanwa ategurwa na FERWABA ariko mu cyiciro cya mbere abagabo n’abagore gusa.

Ishimwe Phionah ushinzwe ibikorwa muri FERWABA
Ishimwe Phionah ushinzwe ibikorwa muri FERWABA

Shampiyona ya Basketball igeze mu mikino yo kwishyura aho mu bagabo iyobowe n’ikipe ya Patriots BBC naho mu bagore, ikipe ya APR Women BBC ikaba ikiri imbere.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka