Mukamira-Ngororero: Ibice by’umuhanda byangiritse abasiganwa ku magare bakwiye kwitondera

Mu gihe Etape ya 4 abasiganwa ku magare bazananyura mu muhanda Mukamira –Ngororero,barasabwa kuzitondera ibice byangiritse by’uyu muhanda.

Abaturiye uyu muhanda ukunze gukoreshwa,bavuga ko hari uduce twawo twangiritse ku buryo bisaba abari mu isiganwa ry’amagare kuzatwitondera.

Ahagitunganywa naho hashobora guteza impanuka
Ahagitunganywa naho hashobora guteza impanuka

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rambura Gasana Thomas, ari naho hari uduce twangiritse cyane muri uyu muhanda, asaba abazawukoresha kuzitonda mu gihe bazaba bageze mu bice bya Rambura.

Ikindi ni uko abaturage na bo bagomba kujya kure y’umuhanda kugira ngo hatazagira abateza impanuka cyane cyane abana.

Ibice by'umuhanda byangiritse i Rambura byateza ikibazo
Ibice by’umuhanda byangiritse i Rambura byateza ikibazo

Yatunze agatoki ahantu hagera kuri hatatu harimo ahantu hirya gato y’ibiro by’umurenge utaragera mu Gasiza. Aho ngo umuhanda waritse. Urenze kandi mu gasiza imbere y’Ikigo cy’Amashyuri Yisumbuye cya Kibehekane ngo na ho umuhanda wariyashije ku buryo batitonze hateza impanuka.

Aha kimwe n'ahandi harangiritse
Aha kimwe n’ahandi harangiritse

Aha nyuma yavuze ni aho bita kwa Zede mu Kagari ka Birembo mu Mudugudu wa Mariba na ho ngo umuhanda witse ukaba umeze nabi cyane.

Ahaguye inkangu yahacukuye utunogo two kwitondera
Ahaguye inkangu yahacukuye utunogo two kwitondera

Uretse uduce Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rambura yavuze, hari n’igice cy’umuhanda kiri hino y’Umurenge aho umusozi wamanutse ibibuye bikitura mu muhanda,ku buryo nubwo byakuwemo na bwo hari utunogo twagiye tuza aho byaguye dukwiye kwitonderwa.

Mukaminani Angela, umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Ubukungu, avuga ko ikibazo cy’uyu muhanda kizwi kandi bagikoreye ubuvugizi.

Agira ati “Ni ikibazo twagaragaje kenshi ndetse n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubwikorezi cyarahasuye kenshi ndetse banatwizeza ko bari gukora inyigo yimbitse."

Hamwe imihanda iyarasadutse
Hamwe imihanda iyarasadutse

Mukabunani avuga ko Ikigo cy’Igihugu cy’Imiturire cyabizeje ko bazawutanganya ariko ko nta gihe kizwi bizakorerwa.

Safari Viateur

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka