Ikipe y’igihugu y’Amagare yakiranywe icyubahiro i Kanombe

Abakinnyi bagize ikipe y’igihugu yo gusiganwa ku magare y’u Rwanda bakiranywe icyubahiro ubwo bageraga mu Rwanda baturutse mu gihugu cya Gabon mu irushanwa rya La Tropicale Amissa Bongo.

Ikipe y’igihugu yo gusiganwa ku magare yahesheje u Rwanda ishema yegukana umwanya wa mbere mu makipe y’Afurika n’umwanya wa Gatatu muri rusange, ndetse n’umwanya wa mbere mu bakinnyi batarengeje imyaka 23 watwawe na Bonaventure Uwizeyimana.

Bakiranywe urugwiro.
Bakiranywe urugwiro.

Bakigera ku kibuga cy’indege i Kanombe ku wa mbere tariki ya 23/02/2015, ku isaha ya saa kumi n’iminota 45 (16:45), abasore bagize ikipe y’igihugu basanze bategerejwe n’abantu batandukanye barimo umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY), Aimable Bayingana, Umuyobozi wungirije muri Komite Olempike ndetse n’abandi bakunzi b’umukino w’amagare mu Rwanda.

Kapiteni w’iyi kipe, Hadi Janvier yatangaje ko yishimiye uko we na bagenzi be bitwaye, kandi anizeza abakunzi b’umukino w’amagare mu Rwanda ko bazakoresha imbaraga nyinshi mu marushanwa ari imbere bakazabona amahirwe yo kwerekeza i Rio de Janeiro mu mikino Olempike.

“Ni ubwa mbere tubonye umwanya nk’uyu muri Afurika, tuzi ibyo dushaka, tuzi aho tugomba kwerekeza niyo mpamvu iteka tugomba kuzajya duhora mu makipe ane ya mbere kugira ngo tuzabashe kugera muri iriya mikino ya Olempike,” Hadi Janvier.

Umuyobozi wa FERWACY, Bayingana, Uwa Komite Olempike n'ikipe y'igihugu bafata ifoto y'urwibutso.
Umuyobozi wa FERWACY, Bayingana, Uwa Komite Olempike n’ikipe y’igihugu bafata ifoto y’urwibutso.

Umuyobozi wa FERWACY, Aimable Bayingana avuga ko ari intambwe ikomeye bagezeho kandi biteguye kwitabira imikino Olempike babikoreye.
Ati “Ni intambwe ikomeye tumaze gutera, ubu nta guhagararara, nk’uko twagiye i London muri 2012, ni nako tugomba kujya Rio de Janeiro kandi tukajyayo twabikoreye atari ugutumirwa kuko batugiriye impuhwe kandi dufite icyizere ko tuzabigeraho”.

Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare igiye guhita itangira umwiherero wo gutegura andi marushanwa abiri bazitabira nayo yo ku ngengabihe ya UCI Africa Tours ariyo; Grand Tour d’Algerie izava tariki 06 kugeza kuri 30 Werurwe 2015 na Tour du Cameroun izatangira tariki ya 13 igeze 22 Werurwe 2015, hakazoherezwa amakipe abiri atandukanye.

Andi mafoto ikipe igera i Kanombe:

Bayingana ashimira Uwizeyimana Bonaventure wabaye uwa mbere muri U-23.
Bayingana ashimira Uwizeyimana Bonaventure wabaye uwa mbere muri U-23.
Bakiriwe n'abantu batari bake.
Bakiriwe n’abantu batari bake.
Bayingana ahobera Ndayisenga Valens.
Bayingana ahobera Ndayisenga Valens.
Byari ibyishimo ikipe isesekara ku kibuga cy'indege.
Byari ibyishimo ikipe isesekara ku kibuga cy’indege.
Hadi Janvier, Bonaventure Uwizeyimana wabaye uwa mbere muri U-23 na Valens Ndayisenga watwaye Tour du Rwanda iheurka ni bamwe mu bagize ikipe ikubutse muri Gabon.
Hadi Janvier, Bonaventure Uwizeyimana wabaye uwa mbere muri U-23 na Valens Ndayisenga watwaye Tour du Rwanda iheurka ni bamwe mu bagize ikipe ikubutse muri Gabon.
Hadi Janvier yakiranwa urugwiro na Perezida wa FERWACY.
Hadi Janvier yakiranwa urugwiro na Perezida wa FERWACY.
Kapiteni Hadi Janvier yahawe indabo nk'ikimenyetso cyo gushimira ikipe ayoboye.
Kapiteni Hadi Janvier yahawe indabo nk’ikimenyetso cyo gushimira ikipe ayoboye.
Byukusenge Patrick, umwe mu bagize ikipe y'igihugu y'umukino w'amagare.
Byukusenge Patrick, umwe mu bagize ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare.
Umutoza Sempoma Felix.
Umutoza Sempoma Felix.
Ikipe iva ku kibuga cy'Indege.
Ikipe iva ku kibuga cy’Indege.

Sammy IMANISHIMWE

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

courrage bana b’u Rwanda!!

Alias Ndeko yanditse ku itariki ya: 25-02-2015  →  Musubize

congx muri abantu babazsaza mugerageza guhesha ishema urwababyaye

jado yanditse ku itariki ya: 24-02-2015  →  Musubize

Congratulations kuri aba basore basiganywa ku magare rwose bari kuduhesha icyubahiro rwose

lionel yanditse ku itariki ya: 24-02-2015  →  Musubize

tubifurije ishya n’ihirwe mu yandi maeushanwa bgiye kuzaduhagarararimo maze naho bazaduheshe ishema nko muri Gabon

winnie yanditse ku itariki ya: 24-02-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka