Team Rwanda yerekeje mu Misiri ifite icyizere cyinshi

Abakinnyi batandatu bagize ikipe y’igihugu y’umukino w’Amagare bari bwerekeza mu Misiri kuri uyu wa mbere mu isiganwa rizenguruka iki gihugu rizwi nka Tour of Egypt rizatangira tariki 14 Mutarama rigasozwa tariki 18/1/2015.

Ikipe y’u Rwanda izitabira irushanwa rya Tour of Egypt igizwe na Patrick Byukusenge, Janvier Hadi, Valens Ndayisenga, Emile Bintunimana, Joseph Biziyaremye na Bonaventure Uwizeyimana naho umutoza akaba ari Sempoma Felix. Ikipe izaherekezwa kandi na Rafiki Uwimana (mechanic) ndetse na Obed Ruvogera (soigneur).

Uwizeyimana Bonaventure ari mu berekeje mu Misiri
Uwizeyimana Bonaventure ari mu berekeje mu Misiri
Bintunimana Emille na we ari mu bagiye
Bintunimana Emille na we ari mu bagiye
Byukusenge Patrick yagize impanuka nto mu myitozo ariko ntiyamubujije kujya guhatana
Byukusenge Patrick yagize impanuka nto mu myitozo ariko ntiyamubujije kujya guhatana

Iri rushanwa ni ryo ribimburira ayandi yose agize ingengabihe ya UCI muri Afurika aho ikipe y’u Rwanda yiteguye gutangira umwaka wa 2015 iri ku rwego rwo hejuru.
Aganira n’itangazamakuru, Hadi Janvier umwe mu berekeje mu Misiri, yatangaje ko imyitozo bamazemo iminsi hari byinshi yabafashishe bityo ko mu Misiri bizeye kuzavanayo umusaruro.

“Tumaze iminsi dukora imyitozo kandi turizera ko hari urwego tugezeho. Turashaka gukomeza kugaragaza ko hari aho tumaze kugera, turabizi ko mu barabu biba bikomeye ariko tuzabyitwaramo neza”.

Hadi Janvier icyizere ni cyose
Hadi Janvier icyizere ni cyose

Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare yatangiye imyitozo ikaze tariki 02/01/2015 yaberaga mu kigo cya Musanze nkuko bisanzwe, aho kuva tariki ya 08 uku kwezi iyi kipe yatangiye gukorana n’abakinnyi bavuye mu gihugu cya Congo Brazzaville.

Jah d’eau DUKUZE

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka