Hadi Janvier, umusore w’umunyarwanda w’imyaka 22, niwe wagukanye umwanya wa mbere mu gace ka mbere gatangira isiganwa ry’amagare ‘Tour du Rwanda’ 2013’ ryatangiye kuri icyi cyumweru tariki ya 17/11/2013.
Abakinnyi b’ikipe y’u Rwanda y’umukino w’amagare, bihaye intego yo kuzegukana umwanya wa mbere mu isiganwa ry’amagare ‘Tour du Rwanda 2013’ rizatangira ku cyumweru tariki 17/11/2013.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda ku bufatanye n’umutoza w’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare Jonathan Boyer, kuri uyu wa kane tariki 24/10/2013 ryashyizeho abakinnyi batatu bazayobora (captains) bagenzi babo mu isiganwa ry’amagare ‘Tour du Rwanda’ rizaba kuva tariki ya 17-24/11/2013.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda y’umukino w’amagare, Jonathan Boyer, yashyize ahagaragara amazina y’abakinnyi 10 bazaba bagize amakipe abiri muri atatu azaba ahagarariye u Rwanda mu isiganwa ry’amagare ‘Tour du Rwanda’ rizaba kuva tarki 17-24/11/ 2013
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) ryamaze gutangaza urutonde ntakuka rw’amakipe 16 azitabira isiganwa ry’amagare ngarukamwaka ‘Tour du Rwanda’ izaba kuva tariki 17-24/11/ 2013, nyuma y’aho ayo makipe yose nayo amariye kubyemeza.
Hadi Janvier na Uwizeyimana Bonaventure bakinira ikipe y’u Rwanda y’umukino w’amagare, kuri uyu wa kane tariki 3/10/2013, bagarutse mu Rwanda bavuye muri Afurika y’Epfo aho bakinira, bakaba baje gutegura isiganwa mpuzamahanga ry’amagare ‘Tour du rwanda 2013’ rizaba kuva tariki 17-24/11/2013.
Christopher Froome ‘Chris’, Umwongereza wavukiye muri Kenya, ni we wegukanye umwanya wa mbere mu isiganwa ry’amagare ‘Tour de France’ ryabaga ku nshuro yaryo ya 100, ryasojwe ku cyumweru tariki 21/07/2013.
Umukinnyi w’u Rwanda Bintunimana Emile, yegukanye umwanya wa kabiri mu isiganwa ry’amagare ryo kuzenguruka Congo ‘Tour du congo’ ryasojwe ku wa kane tariki ya 27/06/2013.
Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare ikomeje kuza ku isonga mu isiganwa ry’amagare ririmo kubera muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo.
Gasore Hategeka, umukinnyi w’ikipe ya Benediction Club ya Rubavu niwe wegukanye umwanya wa mbere mu isiganwa ry’amagare Huye-Kigali rizwi ku izina rya ‘Ascension des milles collines’, ryabaye ku cyumweru tariki 23/06/2013.
Umunyarwanda Rudahunga Emmanuel ni we wabaye uwa mbere mu gace ka mbere k’isiganwa ry’amagare ryo kuzenguruka Congo ryatangiye ku wa gatatu tariki 19/06/2013.
Ikipe y’u Rwanda izitabira isiganwa ryo kuzenguruka igihugu cya Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo (Tour de la RDC), kuva tariki 18-29/06/2013. Iri siganwa u Rwanda rugiye kwitabira bwa mbere, naryo ni ku nshuro ya mbere rigiye kuba.
Uwizeyimana Boneventure na Girubuntu Jeanne D’Arc nibo begukanye umwanya wa mbere mu bagabo no mu bagore mu isiganwa ry’amagare ryo kwibuka abazize Jenoside, ryabereye mu karere ka Bugesera kuri uyu wa gatandatu tariki 15/06/2013.
Mu irushanwa ryo kwibuka abari abakunzi n’abakinnyi b’umukino w’amagere bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, rizaba ku wa gatandatu tariki 15/06/2013, abakinnyi 42 bakomoka mu makipe 7 nibo bamaze kwemeza ko bazaryitabira.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagere mu Rwanda (FERWACY) ku bufatanye n’umukinnyi w’uwo mukino Adrien Niyonshuti, rizatangiza ku mugaragaro ishuri ry’umukino w’amagare ryitwa ANCA mu karere ka Rwamagana ku cyumweru tariki 26/05/2013.
Ndayisenga Valens ukinira ikipe ya Amis Sportif y’i Rwamagana niwe wabaye uwa mbere mu bagabo mu isiganwa ry’amagare abakinnyi basiganwa n’isaha (course contre la montre individuelle), naho Uwimana Jeannette yagukana umwanya wa mbere mu bagore.
Abakinnyi 21, harimo abagore batanu baritabira isiganwa ry’amagare ryo gusiganwa n’igihe buri wese yirwanaho (course contre la montre individualle), ribere mu karere ka Bugesera kuri icyi cyumweru tariki 05/05/2013.
Ikipe ya Benediction Club y’i Rubavu niyo yegukanye umwanya wa mbere mu mikino yo gusiganwa n’isaha bita ‘Course contre la montre’ yabaye ku cyumweru tariki 17/03/2013 i Masoro mu karere ka Gasabo.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) ryateguye isiganwa ry’amagare ryo gusiganwa n’isaha (course contre la montre) rizaba ku cyumweru tariki 17/03/2013 guhera saa tatu za mu gitondo i Masoro.
Bayingana Aimable, uyobora ishyirahamwe ry’umukino w’amagere mu Rwanda (FERWACY), tariki 16/2/2012, yatorewe kuba muri Komite nyobozi y’Ishyirahamwe ry’umukino w’amagere muri Afurika (confédération africaine de cyclisme –CAC), mu matora yabereye i Cairo mu Misiri ku cyico cyaryo.
Uwizeyimana Bonaventure akinira mu ikipe ya Benediction y’i Rubavu, ni we wasize abandi bakinnyi 39 bari bahanganye mu isiganwa ry’amagare Kigali- Rusumo ryabaye ku cyumweru tariki 03/02/2013.
Ndayisenga Valens ukina umukino w’amagare mu ikipe ya Amis Sportif ndetse n’ikipe y’igihugu, yerekeje muri Afurika y’Epfo kuri uyu wa gatanu tariki 25/01/2013, aho agiye gukorera imyitozo, no kongera inararibonye muri uwo mukino.
Nathan Byukusenge ni we Munyarwanda warangije isiganwa ry’amagare Tropical Amissa Bongo’ ari ku mwanya wa bagufi, akaba yararangije ari ku mwanya wa 29 ku rutonde rusange ubwo ryasozwaga tariki 20/01/2013.
Nathan Byukusenge kapiteni w’ikipe y’u Rwanda iri mu isiganwa ry’amagare ‘Tropical Amissa Bongo’ ribera muri Gabon, akomeje kwigira imbere mu myanya ugereranyije n’uko yari yatangiye.
Nathan Byukusenge, kapiteni w’ikipe y’u Rwanda iri mu isiganwa ry’amagare ‘Tropical Amissa Bongo’ muri Gabon, ni we Munyarwanda waje hafi akaba yatwaye umwanya wa 22 muri rusange ubwo basiganwaga icyiciro (etape) cya kabiri ku wa gatatu tariki 16/01/2013.
Ikipe y’igihugu y’umukino w’Amagare irahaguruka mu Rwanda kuri uyu wa 10/01/2013 igiye kwitabira irushanwa rya Tropical Amissa Bongo rizabera muri Gabon tariki 14-20/01/2013.
Lance Armstrong wari umaze iminsi ahakana ko yakoreshaga imiti yongera imbaraga bikamuviramo kwamburwa imidari n’amashimwe yahawe muri Tour de France, ngo yatangarije abantu be ba hafi ko agiye kwemera ko yafataga imiti yongera imbaraga.
Ikipe y’u Rwanda izitabira isiganwa ry’amagare ‘‘La tropicale Amissa Bongo 2013’, izaba igizwe n’abakinnyi bakiri batoya, bakazayoborwa n’umukinnyi umwe ukuze Nathan Byukusenge; nk’uko byatangajwe n’umutoza w’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare Jonathan Boyer.
Byukusenge Nathan ukinira ikipe ya Benediction Club, ni we wegukanye umwanya wa mbere mu isiganwa ry’amagare Kigali-Muhanga-Kigali ryari rigamije kurwanya ruswa, ryabaye kuri uyu wa gatandatu tariki 08/12/2012.
Abakinnyi 65 harimo 15 b’abagore bakina umukino w’amagare mu Rwanda nibo bazitabira isiganwa ry’amagare rigamije kurwanya ruswa, rizaba ku wa gatandatu tariki 08/12/2012.