Amakipe 83 ategerejwe mu Rwanda mu mikino ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’Iburasirazuba

U Rwanda rugiye kwakira imikino ihuza abapolisi yo mu bihugu bya Afurika y’I Burasirazuba, izahuriza hamwe amakipe 83 mu mikino itandukanye

Guhera ku wa Kabiri tariki 21 kugera tariki 27/03/2023 hazabera irushanwa rihuza abapolisi yo mu bihugu bya Afurika y’I Burasirazuba no hagati, imikino izaba igiye gukinwa ku nshuro yayo ya kane.

Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, CP JB Kabera na Komiseri muri Polisi ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n'abaturage, CP Bruce Munyambo basobanura aho imyiteguro igeze
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP JB Kabera na Komiseri muri Polisi ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage, CP Bruce Munyambo basobanura aho imyiteguro igeze

U Rwanda ni ubwa mbere rugiye kwakira iyi mikino aho izahuriza hamwe amakipe aturutse mu bihugu umunani ari byo u Burundi, Ethiopia, Kenya, Sudan y’Amajyepfo, Sudan, Tanzania, Uganda ndetse n’u Rwanda ruzaba rwakiriye iyi mikino.

Ubwo iyi mikino yakinwaga bwa mbere yabereye muri Uganda mu mwaka wa 2017, 2018 ibera muri Tanzania, mu gihe mu mwaka wa 2019 ubwo iheruka kuba yabereye muri Kenya, nyuma iza guhagarara kubera COVID-19.

Mu marushanwa y’uyu mwaka hazakinwa imikino 13 izaba irimo amakipe 83, arimo 55 y’abagabo na 28 y’abagore. Imikino izakinwa ni ugusiganwa ku maguru (Athletics), Basketball, Boxing, Darts, Football, Handball, Judo, Karate, Netball, Shooting, Taekwondo, VolleyBall na Beach Volleyball.

Iyi mikino izabera ahantu harindwi hatandukanye harimo Kigali Pele Stadium ari naho hazabera ibirori byo gutangiza aya marushanwa, BK Arena hazanabera ibirori byo gusoza, Tuzza Inn Bugesera Motel, Hotel Hill Top, Stecol corporation, Lycée de Kigali, Notre Dame des Anges).

Umuvugizi wa Polisi CP John Bosco Kabera
Umuvugizi wa Polisi CP John Bosco Kabera

Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Gatanu, CP John Bosco Kabera yavuze ko u Rwanda rwiteguye kwakira neza iyi mikino iba inafite intego zo kurwanya ibyaha byamubikiranya imipaka, anakangurira abanyarwanda kuzaza gushyigikira amakipe y’u Rwanda.

Ikipe ya Police FC ikomeje imyitozo yitegura iyi mikino
Ikipe ya Police FC ikomeje imyitozo yitegura iyi mikino

Reba ibindi muri iyi Video:

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka