Ubwo habaga umukino hagati ya Musanze FC na Gicumbi FC kuri uyu wa gatandatu tariki 23 Werurwe 2019, umusifuzi yahagaritse umukino iminota 12, nyuma yuko Imbangukiragutabara igenewe ubutabazi ku kibuga yabuze mu buryo budasobanutse, biteza impagarara kuri sitade Ubworoherane.
Umukino wa gicuti ugomba guhuza ikipe y’igihugu y’ Rwanda y’abagore n’iya Republika iharanira Demokarasi ya Congo wimuriwe mu cyumweru i Rubavu.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi yamaze gutangaza abakinnyi 23 bagiye kwerekeza i Abidjan, mu mukino ugomba guhuza Amavubi na Côte d’Ivoire
Abanyamuryango ba AVEGA Agahozo bo mu karere ka Musanze biyemeje ko buri kwezi bazajya bakora siporo kuko byagaragaye ko siporo ari ingirakamaro mu gukumira indwara zitandura nka diyabete n’umutima, binabafashe guhangana n’ihungabana.
Mu rwego rwo gukomeza gutegura amakipe y’abakiri bato, u Rwanda rwateguye irushanwa rito rizahuza u Rwanda, Tanzania na Cameroun mu batarengeje imyaka 17.
Abakinnyi b’ikipe ya Gicumbi bahagaritse imyitozo nyuma y’uko abakinnyi bavuga ko hari ikirarane cy’umushahara batarahabwa, bakaba bazayisubiramo ngo ari uko bishyuwe
Umutoza Seninga Innocent washeshe amasezerano yari afitanye n’ikipe ya Bugesera, biravugwa ko agiye gusubira muri Musanze gusimbura Ruremesha Emmanuel
Seninga Innocent wari umutoza mukuru wa Bugesera FC yamaze kwandika ibaruwa isezera kuri aka kazi ndetse anishyuza ibirarane ikipe imufitiye.
Mu irushanwa rya Handball ryaberaga muri Zanzibar, risojwe u Rwanda rwegukanye umwanya wa gatatu mu batarengeje imyaka 18 na 20 mu bakobwa
Abatuye mu Karere ka Nyarugenge bitabiriye siporo rusange yabaye kuri iki cyumweru tariki 17 Werurwe 2019 bibukijwe ko siporo ari ingenzi mu kwirinda indwara zitandura.
Muri Tombola ya 1/4 cya Champions League, Ikipe ya Fc Barcelona izahura na Manchester United, muri Tombola imaze kubera mu Busuwisi
Ku munsi wa mbere wa Shampiyona Nyafurika mu mukino w’amagare, ikipe y’igihugu y’u Rwanda imaze kwegukana imidari ibiri
Mu marushanwa ahuza ibihugu bigize akarere ka Gatanu A na B muri Handball, u Rwanda nyuma yo kubona itike ya 1/2 ruzahura na Uganda
Myugariro w’Amavubi n’ikipe ya Sporting Kansas City yo muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, yari yasabiwe kudakina umukino w’Amavubi ariko ntibyakunze.
Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare igizwe n’abakinnyi 14 yerekeje muri Ethiopia guhagararira u Rwanda muri shampiyona nyafurika y’umukino w’amagare izabera ahitwa Baher Dar kuva tariki ya 14 kugera tariki ya 19 Werurwe 2019.
Umukinnyi wo hagati w’ikipe ya Arsenal, Mesut Ozil, yoherereje umwana muto umufana wo muri Kenya umwambaro wanditseho amazina ya Ozil na nimero 10 imuranga mu kibuga.
Umukino w’umunsi w 21 wa Shampiyona Rayon Sports yagombaga kwakiramo Kiyovu, wamaze gusubikwa kubera imikino y’ikipe y’igihugu Amavubi na Cote d’Ivoire
Myugariro w’ikipe ya ASF Andrézieux ikina muri Shampiyona y’icyiciro cya kane mu Bufaransa aratangaza ko agitereje ko yakinira u Bufaransa, byakwangwa akabona gukinira Amavubi
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi Mashami Vincent yahamagaye abakinnyi 27 barimo bamwe mu bakinnyi bataherukaga guhamagarwa.
Ku munsi wa 20 wa Shampiyona y’umupira w’amaguru, ku cyumweru tariki 10 Werurwe 2019, Musanze FC yatsinze Police FC ibitego 2-0 mu gihe izi kipe zombi nta batoza bakuru zari zifite kuko bahagaritswe n’ubuyobozi bw’amakipe.
Giancarlo Davite afatanyije na Yan Demester ni bo begukanye Nyirangarama Tare Sprint Rally yabereye kuri uyu wa Gatandatu mu karere ka Rulindo, ari ryo siganwa ryabimburiye ayandi muri shampiyona y’u Rwanda y’umukino wo gusiganwa mu mamodoka
Kuri uyu wa gatandatu mu karere ka Rulindo hagiye kubera isiganwa ry’amamodoka ryitwa Nyirangarama Sprint Rally, rikazitabirwa n’imodoka 13
Mukansanga Salma, umugore w’umunyarwanda usifura imwe mu mikino ari umusifuzi wo hagati mu kibuga, aherutse gutoranywa mu bazasifura igikombe cy’isi cy’abagore.
Ku mukino w’umunsi wa 19 wabereye i Gicumbi, Rayon Sports itsinze Gicumbi igitego 1-0 ihita iyobora urutonde rwa Shampiyona by’agateganyo
Kuri iki Cyumeru i Nyamirambo wa Kigali hasorejwe isiganwa rizenguruka u Rwanda ryakinwaga ku nshuro ya 11, aho ryegukanywe na Merhawi Kudus wa ASTANA Pro Team
Isiganwa rizenguruka igihugu, Tour du Rwanda 2019, risojwe kuri iki cyumweru, umunya - Eritrea, Merhawi Kudus, ari we uryegukanye.
Umunya - Eritrea Yacob Debesay yegukanye isiganwa mu gace ka Nyamata - Kigali
Mugisha Moïse, umukinnyi wa Team Rwanda, avuga ko n’ubwo umwenda w’umuhondo bamaze kuwukuraho icyizere, ngo barakomeza bahangane mu duce dusigaye kugeza ku munota wa nyuma.
Umunya-Pologne Kasperkiewicz Przemyslaw ukinana na Areruya Joseph muri Delko Marseille yo mu Bufaransa, ni we wegukanye agace ka gatandatu ka Tour du Rwanda 2019 ka Musanze-Nyamata