Abaturage bo mu karere ka Bugesera batuye mu duce twegeranye n’igihugu cy’u Burundi baravuga ko rimwe na rimwe bahamagara cyangwa bahamagarwa amafaranga yabo akagenda nk’aho bahamagaye mu kindi gihugu kuko baba bakoresha umunara wo mu Burundi.
Bamwe mu bafatabuguzu ba MTN bagerageje gushyira amakarita yo guhamagara muri telefoni zabo bikanga, baratangaza ko batishimiye uburyo byabiciye gahunda kandi n’iyi sosiyete ntibisegureho ku gihe.
Mu gihe abanyeshuri bari barabujijwe gutunga ama telephone, ubu noneho Ikigo cy’itumanaho cya MTN cyabagombotse kibaha ubundi buryo bazajya bifashisha kugirango babashe kuvugana n’imiryango yabo.
Urubuga rwa Facebook rwaguze sosiyete titwa Mobile Technologies yazobereye mu gukora program zifasha mu gusemura amagambo mu majwi kuri telefonzigendanwa cyane cyane iyitwa jibbigo.
Kuri sim card 6,596,005 zari ziri ku murongo mu Rwanda hose izigera kuri 6,110,138 nizo babashije kubarurwa kugeza tariki 31/07/2013. Bivuze ko sim card 485,867 zavanwe ku murongo.
Ikoranabuhanga rya mVisa Banki ya Kigali (BK) yatangije kuri uyu wa kabiri tariki 23/07/2013, rizafasha abantu kuzigama amafaranga kuri telefone no kubikuza, kwishyura ibyo baguze (haherewe ku amashanyarazi, amazi n’ikarita yo guhamagara), ndetse no kohererezanya amafaranga byihuse, umuntu atarinze kuyafata mu ntoki.
Mu gihe hasigaye iminsi itagera ku icumi ngo igihe cyatanzwe mu kwandikisha SIM Cards kirangire, abakoresha SIM cards muri telefoni zigendanwa na modem bagera kuri 13% ntibarazandikisha.
Umugabo witwa Martin Cooper umuyobozi mukuru w’uruganda rwa Motorola, ni we wavugiye bwa mbere kuri telefone igendanwa (mobile)mu 1973. Icyo gihe ngo yahamagaye umuyobozi w’isosiyete yitwaga AT&T’s Bell Labs, ikaba yari mucyeba wa Motorola.
Sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwandacell yamenyesheje abafatabuguzi bayo ko ibafitiye servisi nyinshi zikoreshwa muri telefone yo mu bwoko bwa blackberry, ikaba ibasaba kudapfusha ubusa umwihariko w’iyo telephone.
Sosiyete y’itumanaho ya MTN yakoze ibarura rya simukadi z’abagize Inteko ishinga amategeko umutwe wa Sena, igikorwa kititabiriwe nk’uko byari byitezwe. Perezida wa Sena yasobanuye ko ukutakitabira byatewe na gahunda z’akazi zagiye zitungurana.
Abakeresha sosiyete y’itumanaho ya Airtel Congo bo mu mujyi wa Bukavu barinubira iminara ya Airtel Rwanda kuko ngo amatelefone yabo adashobora guhamagara ndetse n’uwo bahamagaye amafaranga ye aragenda bitewe n’uko umunara w’u Rwanda uba warushije uwa Kongo imbaraga.
Mu kagari ka Cyanya ho mu murenge wa Kigarama mu karere ka Kirehe abaturage barinubira kuba nta network ya MTN bagira aho bavuga ko iyo bagiye guhamagara rimwe na rimwe babona hajemo umunara wa VODACOM ikoreshwa mu gihugu cya Tanzaniya.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Burera batangaza ko amahugurwa bahawe mu ikoranabuhanga rikoresha telenone igendanwa rizabafasha mu bintu bitandukanye birimo ubuhinzi n’ubworozi.
Nyuma y’ukwezi kwa Nyakanga 2013, ngo nta numero ya telefoni izaba idafite umuntu yanditseho mu rwego rwo guca ibyaha byifashisha telephone; kuko kuba byoroshye kugura sim card ukaba wayijugunya bituma abantu bakoresha telefone mu makosa.
Ravi Borgaonkar, impuguke mu bushakashatsi bwa virus za telefone yatangaje ko hari virus ikora nka telekomande ishobora kwinjira muri telefone za Samsung Galaxy igahanagura ibirimo byose.
Ministeri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT) yemeza ko sosiyete zikora itumanaho mu Rwanda zishobora kuzamura ubukungu bw’igihugu, mu gihe zaba zigejeje serivise zitanga ku baturage bose.
Ikigereranyo cyashyizwe ahagaragara n’ikigo cy’igihugu kigenzura imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA) kiragaragaza ko muri Gicurasi 2012 Abanyarwanda 43% bakoresha telephone zigendanwa. Muri Mata, Abanyarwanda bakoreshaga iryo tumanaho bari ku kigero cya 42%.
Mu kwezi kwa Mata uyu mwaka, abakoresha itumanaho rigendanwa biyongereyeho abafatabuguzi bashya bagera ku 54955 bituma abakoresha iri tumanaho mu Rwanda hose bagera kuri miliyoni 4,51.
MTN Rwanda, kuri uyu wa gatatu tariki 30/05/2012, yasinyanye na MFS Africa amasezerano azajya atuma abafatabuguzi ba MTN Mobile Money mu Rwanda babasha kwakira amafaranga aturutse hanze y’u Rwanda.
Minisitiri muri Perezidansi ufite ikoranabuhanga mu nshingano ze, Ir Ignace Gatare, yavuze ko akarere ka Rulindo kamaze gutera imbere mu ikoranabuhanga kuko 30% by’ abagatuye babasha gukoresha itumanaho rya telefone zigendanwa.
Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR) yatangije, tariki 01/12/2011, uburyo bushya buzafasha abafatabuguzi bayo koherezanya amafaranga hagati yabo ndetse no ku bandi batari abafatabuguzi b’iyo banki.
Muri raporo yashyizwe ahagaragara n’itsinda ry’inganda ryitwa GSMA (Groupe Speciale Mobile Association) biragaragara ko Afurika iri ku isonga mu kugura no gukoresha itumanaho rya telefoni zigendanwa (telephone mobile) igakurikirwa na n’umugabane w’Aziya.