Facebook irashaka guha akazi abantu 10,000

Kompanyi ya Facebook irateganya guha akazi abantu ibihumbi icumi (10,000) bo mu muryango w’ubumwe bw’ibihugu by’i Burayi kugira ngo bubake icyitwa ‘metaverse’ iri rikaba ari ikoranabuhanga Facebook ishaka kujya ikoresha rituma abantu barikoresha basa nk’aho bari kumwe.

Mark Zuckerberg nyiri Facebook akomeje kugaragaza inyota yo kwagura imikorere ishingiye ku ikoranabuhanga ryo ku rwego rwo hejuru
Mark Zuckerberg nyiri Facebook akomeje kugaragaza inyota yo kwagura imikorere ishingiye ku ikoranabuhanga ryo ku rwego rwo hejuru

Abazakoresha iri koranabuhanga rya Metaverse bazaba bashobora gukina, gukorana no gutumanaho mu buryo buteye imbere.

Facebook yanditse ku rubuga rwa Interinet igira iti: "Metaverse ifite ubushobozi bwo gufasha gukingura uburyo bushya bwo guhanga, imibereho myiza, ndetse n’ubukungu."

Biteganyijwe ko iyi mirimo yo guhanga iri koranabuhanga izakorwa mu gihe cy’imyaka itanu, hakazifashishwa abahanga kabuhariwe mu ikoranabuhanga.

Facebook kandi yavuze ko gushora imari mu muryango w’ubumwe bw’ibihugu by’Uburayi byatanze inyungu nyinshi, harimo kugera ku isoko rinini ry’abaguzi, gukorana na kaminuza zikomeye no gukorana n’abantu babahanga bafite impano zo ku rwego rwo hejuru.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Nashakaga ko mundangira akazi.

Umwali Maureen yanditse ku itariki ya: 13-01-2022  →  Musubize

Ndashaka ko mundangira akazi

Umwali Maureen yanditse ku itariki ya: 13-01-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka