Scanner ifotora ibintu bitari impapuro bikaza bifite impande zabyo zose (3D Scanner), yitwa The Makerbot Digitizer ikaba igura amadolari y’America 1.400 (850.000FRW). Izatangira kujya ku isoko mu ntangiriro z’Ukwakira.
Abahanga babiri bo mu gihugu cy’u Budage bakoze ikaramu ishobora kugukosora amakosa y’imyandikire mu gihe umuntu arimo kuyandikisha.
Abatuye mu bice by’umujyi no mu cyaro barakangurirwa kwitabira uburyo bugezweho bwo gukoresha Imbabura zikoresha amakara n’inkwi bicye. Canamake na Canarumwe nizo mbabura zimaze kugera ku isoko aho zizigama ibicanishwa bigera kuri 50% by’ibyakoreshwaga.
Akarere ka Gicumbi kagiye gukora ibishoboka byose mu gihe cya vuba gakorane amasezerano y’ubufatanye n’ikigo cya IRST kugirango bashake uburyo bimwe mu bihingwa icyo kigo gikenera biboneka muri ako karere biteze imbere abaturage.
Ubuyobozi bwa EWSA bugiye gutangira gukora isuzuma ry’amashyuza ngo barebe ko yatanga umuriro w’amashanyarazi wakongera uwari usanzwe mu Rwanda. Iri gerageza rizabera mu murenge wa Kabatwa mu karere ka Nyabihu.
Byari biteganyijwe ko umushinga wa KivuWatt wo kuvoma gaz methane mu Kivu mu karere ka Karongi wari gutangira gutanga umusaruro muri Kamena 2013, ariko umunyamabanga uhoraho muri ministeri y’ibikorwaremezo James Kamanzi aratangaza ko hagikenewe andi mezi atandatu.
Akarere ka Nyamagabe kujuje inzu mberabyombi izajya yifashishwa mu gukorana inama n’abantu bari ahantu hatandukanye hifashishijwe ikoranabuhanga (video conference) ndetse n’inama zisanzwe, kubaka iyi nzu bikaba ari umwe mu mihigo akarere kari karahize mu mwaka wa 2012-2013.
Nyuma y’uko u Rwanda rwegukanye igihembo mpuzamahanga mu itunganyamakuru rigezweho hakoreshejwe amajwi n’amashusho, kuri ubu u Rwanda rwahawe ikindi gihembo kubera uruhare rw’indashyikirwa rwagize mu kwihutisha kugeza ku Banyarwanda serivisi z’ikoranabuhanga rigamije kubateza imbere.
Ikigo Terrafugia cyo muri Leta zunze ubumwe za Amerika kirateganya gushyira ku isoko imodoka yitwa Terrafugia TF-X izaba inafite ubushobozi bwo kuguruka mu kirere nk’indege ikanagaruka ku butaka nta kibazo igize.
Ikigo cy’imisoro n’Amahoro (RRA) kiraburira abasora bose ko igihe bahawe cyo kwitabira gukoresha ikoranabuhanga mu kumenyekanisha no kwishyura imisoro (e-filing na e-payment) kiri gukendera bakaba basabwa kuryiyandikishamo vuba.
U Rwanda rugiye kubona ikigo cy’ikitegererezo mu guteza imbere udushya mu ikoranabuhanga n’itumanaho (ICT), nyuma yo gusinyana amasezerano y’inkunga ya miliyoni 5,6 z’amadorali ya Amerika n’Ikigo cya Koreya gishinzwe imibanire (KOICA), kuri uyu wa Gatatu tariki 17/04/2013.
Niyonsaba Emmanuel ni umusore uri mu kigero cy’imyaka 25 atuye mu kagari ka Rubona umurenge wa Bweramana, amaze kubyaza umuriro w’amashanyarazi mu mugezi wa Nkuyu akaba yifuza nibura ko uzagera ku baturage 400.
Abanyeshuri baturutse mu Ishuri rikuru ryigisha imyuga n’Ubumenyi ngiro rya IPRC-Kicukiro niyo bahize abandi banyeshuri biga mu bigo by’amashuri makuru na za Kaminuza zigisha imyuga n’ikoranabuhanga mu kugaragara ubuhanga mu gukoresha amarobo (programming).
Kuwa gatatu tariki 20/03/2012 hatangijwe gahunda ya Tunga TV igamije gushishikariza Abanyarwanda gutunga televiziyo mu rwego rwo kongera ubumenyi binyuze mu ikoranabuhanga n’itangazamakuru.
Gahunda ya Television ku tugari ni imwe muri gahunda zatekerejweho kugira ngo zizafashe abaturage kugera ku iterambere rirambye binyuze mu kumenya ibibakorerwa banabireba. Bamwe mu baturage barayishimiye kandi bumva izabageza kuri byinshi mu iterambere.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga mu Isakazabumenyi n’Itumanaho, Jean Philbert Nsengimana, yasuye yasuye Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Abinjira n’Abasohoka ku wa 14/02/2013, aho yashimye uruhare rw’ikoranabuhanga mu gutanga serivisi inoze kandi yihuse.
Ikigo cy’igihugu cy’ubushakashatsi mu bumenyi n’ikoranabuhanga (IRST) kiratangaza ko kigamije ko mu mwaka wa 2025 imodoka zose zizaba zikoreshwa n’amavuta akomoka ku bimera atangiza ikirere.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko ikoranabuhanga (ICT) rifite uruhare rukomeye mu iterambere ry’ako karere kuko rikoreshwa n’abantu b’ingeri zitandukanye mu bikorwa byabo bya buri munsi kandi abaturage bamaze kumenya ko ICT ari iy’abantu bose.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe butangaza ko gukoresha ikoranabuhanga ritandukanye ryaba irya terefoni cyangwa irya mudasobwa na interineti bibufasha mu kuzuza inshingano zabwo mu kazi zikora umunsi ku wundi.
Mu mudugudu wa Nyagasambu, akagali ka Rugobagoba, umurenge wa Ruganda mu karere Karongi, nta mashanyarazi ahabarizwa, ariko hari umusore wabashije kwikorera salon de coiffure ikoresha ingufu za batiri y’imodoka.
Umusore witwa Kazungu Robert arangije amashuli yisumbuye muri ETO Kibuye ubu isigaye yitwa (IPRC West-Karongi Campus) amaze iminsi mike avumbuye uburyo bwo kuzimya amatara akoresheje telefone igendanwa.
Umugabo witwa Ntambara Canision utuye mu murenjye wa Byumba mu Kagari ka Gisuna azi gukora amakara mu bisigazwa by’imyanda; akaba asanga hari icyizere mu kubungabunga ibidukikije.
Abahanga mu ikoranabuhanga ry’amabanki makuru yo mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba bateraniye hano i Kigali, bigira hamwe ku ngamba zo kunoza uburyo bwo kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga.
Tough Stuff Solar ni sosiyete icuruza amatara atanga umuriro ukomoka ku mirasire y’izuba yihaye intego yo kugeza amatara ku baturage bo mu byaro mu rwego rwo guca akadodowa kuko gatera ndwara z’imyanya y’ubuhumekero ndetse n’amaso.
Abanyamuryango ba koperative KOZIMU (Koperative Zigama Ibicanwa Munyarwanda) ikorera mu murenge wa Kinihira, akarere ka Rulindo, bahisemo gukoresha icyo bise PISIMEKA mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’ibicanwa cyatumaga bangiza ibidukikije.
Umusore w’imyaka 22 witwa Safari Jean Damascene utuye mu karere ka Rulindo yihangiye umurimo wo gushyira umuriro mu nzu z’abantu akoresheje ampule n’amabuye ya radio byashaje.
Umuryango wa Afrika y’iburasirazuba mu by’itumanaho (EACO), urateganya kuzamura urwego rw’imikoreshereze y’ikoranabuhanga ryifashisha satellite, nyuma y’aho ushyiriye umukono ku masezerano y’ubufatanye n’umuryango mpuzamahanga wa za satellite ITSO.
Hamaze gukorwa uburyo (application) buzajya bufasha abantu kuyoboza no kumenya amakuru ku byo bakeneye, bifashishije telefoni zigendanwa, mbere y’uko bafata urugendo bava aho batuye.
Samsung yatsinze Apple mu rukiko rwo mu bwongereza nyuma y’uko Apple itanze ikirego ko Samsung yiganye iPads zayo igakora Galaxy Tab zisa nayo. Apple yategetswe gusaba imbabazi ibinyujije mu kwamamaza.
Abikorera baturutse mu Rwanda barimo kaminuza Carnegie Mellon University, Axis, Zilencio Creativo, BSC, Osca Connect, Hehe Ltd na Ngali Holdings bitabiriye ibikorwa by’umuryango ITU biri kubera Dubai tariki 18/10/2012birimo n’imurikagurisha.