Abahagarariye Ishami rya Siyansi n’Ikoranabuhanga muri Kaminuza y’u Rwanda (UR), batangije ubukangurambaga bwo gusaba ababyeyi kurinda abana ingaruka zaturuka ku ikoranabuhanga rikoreshejwe nabi.
Banki ya Kigali (BK) yatangaje ko tariki 15 Nyakanga 2023 izahagarika Application yayo yari isanzwe ikoreshwa muri telefone (BK App) ikayisimbuza Application cyangwa se porogaramu nshya (BK Mobile App) yorohera abayikoresha kandi yihuta.
Ikiganiro EdTech kigaruka ku ikoranabuhanga rikoreshwa mu burezi, igice cyacyo kizaba ku wa Mbere tariki 26 Kamena 2023, kizibanda ku ‘Burezi bukomatanya uburyo gakondo n’iyakure mu Rwanda’, bigamije kwihutisha ubu buryo bw’imyigire.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame na mugenzi we wa Zambia Hakainde Hichilema, bagaragaje ukuntu ikoranabuhanga ryakemuye ikibazo cy’ingorabahizi, cyo kohererezanya amafaranga mu myaka yo hambere.
Hari igihe umuntu aba yifuza serivisi zijyanye n’ubutaka, ubuzima, gusora, kureba niba hari ibihano afite muri Polisi n’ibindi, agakora ingendo ndende agana inzego zibishinzwe, nyamara hari uburyo yakanda kuri telefone bigakemuka atavuye aho ari.
Abanyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda ari na bo bari bahagarariye u Rwanda, bitwaye neza mu irushanwa mpuzamahanga mu ikoranabuhanga rya Huawei ICT 2022-2023, aho begukanye umwanya wa kabiri mu cyiciro cya nyuma cyaryo, cyabereye i Shenzhen mu Bushinwa.
Ikigo gishinzwe guteza imbere ikoranabuhanga mu Rwanda (RICTA), kirimo gukora ubukangurambaga biciye mu guhugura abanyeshuri b’amashuri makuru na Kaminuza mu by’ikoranabuhanga, itumanaho n’ubucuruzi, hagamijwe kubongerera ubumenyi muri urwo rwego.
Muri gahunda yo gushishikariza abaturarwanda kwiha serivisi zitangirwa ku rubuga rw’Irembo, hatangijwe gahunda y’ubukangurambaga yiswe ‘Byikorere’ mu rwego rwo gufasha abaturage kwisabira serivisi za Leta bifashishije ikoranabuhanga.
Niba hari umuntu wafunguje Konti kuri Google (compte Google/ Google account), akaba amaze imyaka igera kuri ibiri, atayikoresha, iyo Konti iri mu bibazo. Ikigo cy’Abanyamerika cya Google kiritegura gutangira gahunda yo gusiba za Konti zose zidakoreshwa (zimaze imyaka ibiri kuzamura zidakoreshwa), iyo gahunda yo kuzisiba (…)
Elon Musk nyiri Twitter, yatangaje ko yabonye umuntu ugiye kuba umuyobozi mushya (CEO) wa Twiitter n’ubwo atavuze amazina ye. Yavuze ko we azahita ajya ku mwanya w’umuyobozi mukuru w’ibijyanye n’ikoranabuhanga kuri urwo rubuga nkoranyambaga rwa Twitter mu byumweru bikeya biri imbere.
Ishuri rikuru ry’ubumenyingiro, IPRC Tumba, ryatashye inyubako igizwe n’ibikoresho kabuhariwe mu ikoranabuhanga bizifashishwa mu ishami rishya rya Mechatronics.
Kompanyi y’Abanyarwanda yitwa ‘SLS Energy’ ifite umushinga wo kubyaza umusaruro bateri zashaje ku buryo zongera gukoreshwa, iri muri kompanyi icumi zikiri nto zo muri Afurika zatoranyijwe kugira ngo zihabwe amahugurwa y’amezi arindwi ku buntu.
Kompanyi yitwa MultiChoice Group iratangaza ko igiye kurushaho kunoza serivisi zitangwa na DStv Rwanda zikarushaho kuboneka henshi mu gihugu, kandi ibiciro by’ifatabuguzi bikaba bigiye kugabanywa guhera tariki 01 Gicurasi 2023 kugira ngo izo serivisi zigere kuri benshi bazifuza.
Abakobwa 25 bigishijwe ikoranabuhanga mu gihe cy’amezi atandatu na Kaminuza Gatolika y‘u Rwanda, bavuga ko batangira kwiga batumvaga ko bazabishobora, none barangije bafite imishinga.
Ikigo gishinzwe gucunga no guteza imbere indango y’Igihugu kuri murandasi ‘Akadomo Rw’ (RICTA), kirahamagarira ibigo bitandukanye bifite aho bihuriye no gutanga serivisi hifashishijwe ikoranabuhanga kwitabira gukoresha RINEX.
Umusore w’imyaka 24 witwa Mustapha Nshimiyimana wiga mu ishuri rukuru IPRC-Tumba, arishimira ubumenyi amaze kugeraho mu ikoranabuhanga, aho amaze kuvumbura ikoranabuhanga rifasha abahinzi kurinda inyoni mu mirima yabo bibereye mu kandi kazi.
Abanyeshuri babiri biga muri IPRC-Kitabi bahimbye uburyo bw’ikoranabuhanga bwo gukumira inyamaswa ziva muri pariki zije konera abaturage. Abo ni Tito Niyomugabo na mugenzi we Eric Nsengimana biga mu wa gatatu mu ishami ryo kubungabunga ibidukikije.
Ubwo u Rwanda rwifatanyaga n’isi yose mu kwizihiza umunsi w’umugore ku nshuro ya 42, Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo (MINICT) yatangiye gahunda yo kugeza ikoranabuhanga kuri buri mugore yiswe LiftHerUp (Umugore ku ruhembe), hagamijwe kwihutisha iterambere.
Ikigo mpuzamahanga cy’ikoranabuhanga ‘Direca Technoligies’, kiratangaza ko cyiyemeje kugoboka inzego zitandukanye zirimo imiyoborere, uburezi, ubuvuzi, ubuhinzi n’ubworozi, ibigo by’imari, ibidukikije, ubukerarugendo n’izindi mu rugendo rw’ikoranabuhanga.
Ikigo gishinzwe kugenzura no gukumira indwara z’ibyorezo muri Afurika (Africa CDC), cyashyizeho ingamba zigamije impinduramatwara mu buzima, aho gisaba abafite ikoranabuhanga bose kwitabira iyo gahunda.
Ikigo gishinzwe gucunga no guteza imbere AkadomoRw cyatanze amahugurwa y’icyumweru ya DNS (Domain Name system), ku bakozi bashinzwe ikoranabuhanga ba Leta, amabanki n’ibigo by’abikorera kugira ngo birusheho kubafasha mu kazi kabo.
Mu rwego rwo kwagura ibikorwa by’ikoranabuhanga, mu Rwanda hatangijwe gahunda yo kujya hatangwa murandasi (Internet) hifashishijwe ikoranabuhanga rya satellite (icyogajuru), rizafasha kuyigeza mu bice bitandukanye by’icyaro n’ibindi byari bisanzwe bigoye kuyigezamo.
Intore z’Inkomezabigwi (zirangije ayisumbuye) mu Murenge wa Nyarugunga muri Kicukiro zamurikiye ubuyobozi bw’Akarere urubuga abitabira urugerero biyandikamo rukanatanga raporo z’ibikorwa byabo byose.
Ikoranabuhanga rikoresha ubwenge bw’ubukorano (Artificial Intelligence/AI) ryitwa ChatGPT (Chat Generative Pre-trained Transformer) riravugwaho kuzatwara imirimo y’ubwoko butandukanye, harimo n’ubwarimu.
Mu rwego rwo gukwirakwiza ibikorwa remezo hirya no hino mu gihugu, Leta irateganya kugeza iby’ikoranabuhanga mu mirenge irenga 42 itabifite.
Abanyarwandakazi ntiboroherwa no gukoresha ibikoresho bitandukanye by’ikoranabuhanga, kubera ibibazo birimo ubumenyi n’amikoro adahagije, bikibazitira kurigeraho mu buryo buborohereye ugereranyije n’abagabo.
Murandasi (Internet) yatangiye hagati mu myaka ya 1960-1970, ubwo ibyogajuru (satellites) byari bitangiye koherezwa mu kirere(mu isanzure), hagamijwe gufasha abasirikare kuvugana bakoresheje itumanaho rigendanwa(mobile telecommunication).
Abanyeshuri biga Siyansi ku kigo cy’amashuri yisumbuye cya ADEC Ruhanga mu Karere ka Ngororero, bamaze amezi abiri bavumbuye umuti w’ikaramu yandika bifashishije ibimera, bakifuza ko bafashwa kugera ku ikaramu yajya no ku isoko igafasha abandi.
Mu kiganiro yatanze mu nama y’iminsi itatu iteraniye i Washington muri Amerika, ikaba ihuje ubuyobozi bwa Amerika n’abayobozi b’ibihugu bya Afurika, Perezida Kagame yavuze ko kugira ubumenyi mu by’isanzure bufite uruhare rukomeye mu guhangana n’ibibazo bitandukanye byugarije Isi.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Ikoranabuhanga, Imyuga n’Ubumenyingiro, Irere Claudette, yasabye abarimu bo mu mashuri ya tekiniki, imyuga n’ubumenyingiro (TVET) bagera ku 2500 barangije amahugurwa ku ikoranabuhanga, kuryifashisha bagatanga uburezi bufite ireme.