Ngoma: Harubakwa uruganda rutunganya imyanda iva mu mujyi wa Kibungo

Akarere ka Ngoma katangiye umushinga w’uruganda rubyaza umusaruro imyanda iva mu mujyi wa Kibungo mu rwego rwo kurengera ibidukikije. Uwo mushinga watangiye kwigwaho mu 2008 uzarangira mu 2013 utwaye akayabo k’amafaranga miliyoni 120.

Imirimo irimo kubaka inyubako z’uru ruganda yararangiye ndetse n’amamashini abiri yarahageze ukugeza ubu igisigaye ni ukuhageza amazi n’umuriro; nk’uko ubuyobozi bw’akarere ka Ngoma bubyemeza.

Imwe mu mashini zizifashishwa mu gutunganya imyanda.
Imwe mu mashini zizifashishwa mu gutunganya imyanda.

Umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Kirenga Providence, yatangarije inama njyanama y’aka karere yateranye muri uku kwa Gatanu 2012 ko ibikorwa byo kugeza amazi n’umuriro kuri uru ruganda byateganijwe mu mwaka w’ingengo y’imari y’umwaka utaha wa 2012-2013.

Yabitangaje muri aya magambo: “Umuhigo twari twihaye wo kugura imashini muri uyu mwaka twarawuhiguye. Ikibazo gitinza itangira ry’uru ruganda ni ikibazo cy’amazi ndetse n’umuriro nabyo biri mu ngengo y’imari y’umwaka tugiye gutangira.”

Inyubako z'uruganda rutunganya imyanda mu karere ka Ngoma.
Inyubako z’uruganda rutunganya imyanda mu karere ka Ngoma.

Kibungo ifatwa nk’umujyi w’akarere ka Ngoma abawutuye bagenda biyongera kuva nyuma ya genocide yakorewe Abatutsi mu 1994. Uko abaturage biyongera ni nako ibidukikije bihangirikira iyo hadafashwe ingamba.

Uru ruganda rutunganya imyanda rwubatswe binyujijwe mu kigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere imishinga yiterambere ry’uturere n’imijyi (RLDSF).

Jean Claude Gakwaya

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka