Uburyo bwa Single Castoms territory bworohereza ibicuruzwa kuva ku cyambu bigera mu bihugu bigize umuryango w’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ngo bwitezweho byinshi byiza birimo n’igabanuka ry’ibiciro ku masoko.
Umuyobozi wa Rwanda Revenue, Richard Tusabe, arasaba abacuruzi bo mu Rwanda kutazatungurwa n’imisoreshereze iteye kimwe muri ibi bihugu, nk’uko yabitangaje mu nama yabereye i Kigali kuri uyu wa gatanu tariki 30/5/2014, ihuje abakomiseri bakuru b’ibigo bishinzwe imisoro mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’uburasirazuba(EAC).
Abaturage bo mu karere ka Nyamasheke bavuga ko umuryango wo mu bihugu by’iburasirazuba bw’afurika (EAC) ari umwe mu miryango babonaho inyungu ndetse n’amahirwe , mu kubateza imbere kabone n’ubwo imipaka y’ibihugu byo muri uyu muryango u Rwanda rurimo itabegereye.
Abaministiri baturutse mu bihugu bitanu bihuriye ku muhora w’amajyarugu bateraniye i Kigali biga uburyo bwo gushyira mu bikorwa koroshya urujya n’uruza rw’abakozi, imari na serivisi hakoreshwa indangamuntu nk’uruhushya rw’inzira.
Ihuriro ry’Imiryango ya Sosiyete Sivile muri Afurika y’Iburasirazuba (EACSOF) rirasaba abanyamadini n’ibindi byiciro by’abaturage bahagarariye abandi kubwira abaturage bahagarariye ibyiza biboneka mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), ugizwe n’ibihugu bitanu birimo n’u Rwanda.
Ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’uburasirazuba (EAC), birategura gushyira mu bikorwa amazeserano yasinywe n’aba Perezida mu kwezi kwa kabiri k’uyu mwaka, agamije gufata no guhererekanya abanyabyaha ba buri gihugu, ndetse no gutabara kimwe muri ibyo bihugu mu gihe cyaba cyatewe.
Ikigega cy’Abanyamerika gitsura Amajyambere (USAID) na sosiyete ya TradeMark East Afrika byatangije uburyo bushya buzafasha kwihutisha ubwikorezi bw’ibicuruzwa muri aka karere u Rwanda ruherereyemo. Iyi gahunda yitezweho kugirira akamaro Rwanda nk’igihugu kidakora ku nyanja.
Abacuruzi bakoresha umupaka wa Cyanika, batangaza ko kuba bajya muri Uganda gukora ibijyanye n’ubucuruzi butandukanye bakoresheje indangamuntu gusa ku mupaka byaborohereje mu bucuruzi bwabo.
Mu rwego rwo kugirango abanyarwanda barusheho kumenya umuryango binjiyemo w’Africa y’iburasirazuba banamenye ibyiza byo kuba bari muri uno muryango, guhera tariki 12-13/05/2014 ihuriro ry’imiryango ya sosiyete sivire mu muryango w’ibihugu by’Africa y’iburasirazuba ryateguye amahugurwa ku bahagarariye amakoperative hamwe (...)
Ku kicaro cy’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) kiri i Arusha muri Tanzaniya hashyizwe ikimenyetso cyanditseho amagambo yo kwifatanya n’Abanyarwanda kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Inama iteraniye mu Rwanda y‘abaministiri b’ingabo n’umutekano mu bihugu 10 bigize akarere k’Afurika y’uburasirazuba, izasoza yemeje ishyirwaho ry’umutwe witeguye gutabara mu bihugu bifite umutekano muke (EASF). U Rwanda narwo ngo rubonye amaboko yo kurwanya FDLR na RNC, nk’uko Ministeri y’ingabo yabitangaje.
Biteganyijwe ko umutwe w’Inkeragutabara zo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) uba watangiye ibikorwa byawo mbere yuko uyu mwaka urangira; nk’uko bigomba kwemerezwa mu nama ihuza abayobozi b’amahoro n’umutekano mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, iteraniye mu Rwanda kuva tariki 22-25/4/2014.
Minisiteri y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (MINEAC), irahugura abahinzi n’aborozi bo mu Rwanda ku kongera ingufu bakongera umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi ku buryo uhaza u Rwanda ukanasagurira akarere.
Abasirikare bakuru 46 bakomoka mu bihugu by’Afurika y’Uburasizuba kuri uyu wa 24/03/2014 batangiye amasomo yo gukarishya ubwenge mu bijyanye no kugarura amahoro aho yahungabanye.
Umuyarwanda Jean Nepomusecene Sibomana yatorewe kuyobora ihuriro ry’urubyiruko rwo mu muryango wa Afurika y’Iburasurazuba (East African Youth Forum) rigizwe n’ibihugu icyenda.
Mu nama yabaye ku munsi w’ejo tariki 20/02/2014 mu Mujyi wa Kampala muri Uganda, abakuru b’ ibihugu by’u Rwanda, Uganda na Kenya bemeje ko bamukerarugendo bazajya bashaka gusura ibyo bihugu bazakoresha visa imwe mu gihe basabaga visa ya buri gihugu.
Prezida w’u Rwanda n’uwa Kenya bageze i Kampala muri Uganda tariki 19/02/2014 bagiye kwitabira inama y’akarere iza kwibanda ku bikorwaremezo n’urujya n’uruza rw’abantu n’abantu mu bihugu bitatu: Rwanda, Uganda na Kenya.
Gukoresha indangamuntu nk’urwandiko rw’inzira mu bihugu by’u Rwanda, Uganda na Kenya ngo byorohereje abaturage b’ibyo bihugu biri mu muryango wa Afurika y’uburasirazuba (EAC), ku buryo abagenzi ngo bamaze kwiyongera kurusha uko byari bisanzwe, nk’uko byemezwa n’abakora mu by’ingendo.
Ihuriro ry’abikorera mu muryango w’afurika y’iburasirazuba (EABC) bari mu Rwanda aho baganira ku bibazo by’abikorera, no gushaka uburyo abikorera muri EAC bakongera ibicuruzwa byoherezwa mu mahanga.
Abanyeshuri bo mu mashuri makuru na za kaminuza zo mu bihugu bigize umuryango w’ibihugu bya Afurika y’iburasirazuba (EAC) n’abo muri Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo (RDC) bibumbiye mu muryango “Never Again” basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Murambi kugira ngo basobanukirwe n’amateka yabafasha kwimakaza amahoro mu (...)
Minisiteri ishinzwe umuryango wa Afurika y’uburasirazuba mu Rwanda (MINEAC) yakoreye umunsi mukuru impuguke z’u Rwanda zakoze imishyikirano yo gutegura amasezerano y’ifaranga rimwe; ikaba kandi yashimye ibigo bitanu by’icyitegererezo mu muryango, ndetse n’umunyeshuri wanditse ku ruhare rw’ibikorwaremezo mu iterambere rya EAC.
Abana 25 baturutse muri Uganda, baje gukambika mu Rwanda mu rwego rwo kwitoza kubaho mu buzima bugoye no kubyereka bagenzi babo bo mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’uburasirazuba EAC. Bavuga ko mu byo bamenye harimo kuba bateye ibiti ku mihanda mishya iri mu kagari ka Kiyovu, mu mujyi wa Kigali.
Ihuriro ry’imiryango itegamiye muri Leta yo mu bihugu bya Afurika y’Uburasirazuba (EACSOF) riratanga amahugurwa ku bahagarariye abandi mu karere ka Nyamagabe hagamijwe gushimangira uruhare rw’abaturage mu muryango w’ibihugu bya Afurika y’iburasirazuba (EAC).
Umukuru w’igihugu w’u Rwanda, Perezida Paul Kagame, yamaze kugera i Kampala muri Uganda, yitabiriye inama ya 15 y’abakuru b’igihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) yiga ku bikorwa byihutirwa mu iterambere ry’uyu muryango.
Mu minsi ine gusa, umurwa mukuru wa Kenya uraza kugirwa umurwa mukuru w’Afurika y’Iburasirazuba ushinzwe guhindura umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi no kubipfunyika (Food Processing and Packaging.)
Umushinga wifashisha ubutumwa bugufi witwa “SMS Feedback” witezweho gufasha mu gukemura ibibazo abakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka bahura nabyo. Uwagize ikibazo azajya yohereza ikibazo cye mu butumwa bugufi agahita ahabwa igisubizo kandi agafashwa kugikemura mu buryo bwihuse.
Minisitiri Jacqueline Muhongayire ushinzwe ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba EAC, East African Community aratangaza ko nta gihugu na kimwe cyangwa bibiri byadindiza ibindi bisigaye mu gihe hari imishinga y’iterambere bihuriyeho.
Kabahizi Celestin wari umaze imyaka itanu ari umuyobozi w‘Intara y’Uburengerazuba, tariki 28/10/2013 yatorewe kujya mu nteko ishinga amategeko y’umuryango w’ibihugu by’Afrika y’Uburasirazuba (EALA) asimbuye Muhongayire Jaqueline wagizwe ministre w’ibikowa by’umuryango w’ibihugu by‘Africa y’Uburasirazuba (MINEAC).
Mu nama yemeza burundu ishyirwaho ry’akarere kamwe ka gasutamo mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’uburasirazuba (EAC), abakuru b’ibihugu by’u Rwanda, Uganda, Kenya na Sudani y’Epfo, bemeje ko kudatinda kw’ibicuruzwa mu nzira, urujya n’uruza rw’ibintu n’abantu ndetse no kubona ingufu bigiye gukungahaza abaturage b’ibyo (...)
Abadepite bahagarariye ibihugu by’u Burundi, Kenya, u Rwanda, Uganda na Tanzaniya bamaze gusaba ko Leta z’ibyo bihugu zategura uko ururimi rw’Igiswayile rwatezwa imbere kandi rukigishwa abaturage bose rukazakoreshwa nk’ururimi rw’ubucuruzi mu muryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC).