Ibihugu bigize Umuryango wa Afrika y’Iburasirazuba (EAC) birateganya inama yo ku rwego rwo hejuru igamije kwiga ku busabe bwa Sudani y’Epfo yasabye kwinjira muri uyu muryango.
Abantu 269 bakomoka mu bihugu bitanu bigize Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) batangiye imyitozo ya gisirikari yo ku rwego rukomeye mu gihugu cy’u Burundi, aho ngo baziga uburyo bwo kurwanya iterabwoba n’imyivumbagatanyo, ubujura bukomeye no gushimuta abantu ku buryo bwa kijyambere.
Ihuriro ry’ubucuruzi hagati y’inzego za Leta n’iz’abikorera z’u Rwanda na Uganda, ryagaragarijwemo amahirwe abikorera bafite, yo gushora imari muri buri gihugu, harimo kuba ibihugu bifite umutungo kamere uhagije no koroshya ubucuruzi; ibikorwaremezo no gukuraho inzitizi.
Abaturage batuye mu karere ka Nyanza cyane cyane mu gice cy’umujyi bazaniwe imurikagurisha rihuriwemo na bimwe mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) rizamara ukwezi kose rikaba ryatangiye tariki 07/10/2013.
Ihuriro ry’imiryango itegamiye muri Leta yo mu bihugu bya Afurika y’Uburasirazuba (EAC) ryatangiye gahunda y’iminsi ibiri yo kwigisha abakorera mu byiciro binyuranye by’abikorera mu karere ka Rwamagana ibigisha kumenya kureba amahirwe menshi y’ubucuruzi bashobora gukura muri uwo muryango.
Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’umuryango w’Afrika y’uburasirazuba (MINEAC) yemeza ko abagore nabo bakeneye kugaragara mu bucuruzi bunini kandi bwambukiranya imipaka akaba ari muri urwo rwego batangiye gahunda yo kubasobanurira inyungu bafite mu gukorera mu bihugu byo muri aka karere.
Inzobere zo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ziteraniye i Kigali, mu rwego rwo kurebera hamwe uko abaturage batuye aka karere bajya batozwa umuco wo kwicungira umutekano no gukumira amakimbirane hakiri kare.
Abayobozi bagize ubunyamabanga buhoraho bw’umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC) basuye Abanyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzaniya bacumbikiwe mu nkambi ya Kiyanzi iherereye mu karere ka Kirehe barabihanganisha.
Abagize inteko ishinga amategeko mu gihugu cya Kenya bahamagajwe igitaraganya mu nama yihutirwa igomba kwiga uko igihugu cya Kenya cyava mu bihugu byemera gukorana n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha ICC.
Mu biganiro mpaka ku mikorere y’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) byahuje amwe mu mashuli y’icyitegererezo yo mu Ntara y’Amajyepfo, GS Mater Dei yo mu karere ka Nyanza yatsinze GS Notre Dame de Lourde yo mu karere ka Ruhango.
Abasirikare 94 ba RDF berekeje i Nairobi muri Kenya mu rwego rwo kwitabira imikino ya gisirikare yo ku rwego rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC). Iyi mikino ibaye ku nshuro ya karindwi iratangira kuri uyu wa Mbere tariki 05 kugeza 17/08/2013.
Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere, Twagirimana Epimaque, yabwiye abitabiriye amahugurwa y’iminsi ibiri ku Muryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) ko bagomba gukuraho imbogamizi zose zituma tutabasha kwinjira ku masoko yo mu bihugu bigize uwo muryango.
Intumwa zihagarariye u Rwanda mu nama yazihuje na bagenzi babo bo muri Uganda na Kenya, zifuza ko indangamuntu yatangira gukoreshwa bitarenze amezi atatu, nk’urwandiko rw’inzira muri ibyo bihugu bigize umuryango w’Afurika y’uburasirazuba (EAC).
Abashoferi batwara imodoka zo mu bwoko bwa rukururana bava mu muryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) berekeza i Bukavu, muri Congo barinubira kubura ubwiherero n’amazi meza dore nta misarani rusange ibayo.
Minisitiri w’ingabo z’u Rwanda, Gen. James Kabarebe, arashima ubufatanye buranga ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC) kuko byohereza ingabo zabyo gusangira ibitekerezo na bagenzi babo b’Abanyarwanda.
Ministiri mushya washinzwe kuyobora Ministeri y’umuryango w’Afurika y’uburasirazuba (MINEAC), Jacqueline Muhongayire, yemereye uwo asimbuye, Monique Mukaruriza, ko mu by’ingenzi bisaba imbaraga azahangana nabyo, ari uguharanira ko umuhanda wa gari yamoshi n’imiyoboro ya peterori byagezwa mu Rwanda.
Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) yahuguye abantu mu byiciro binyuranye mu karere ka Rusizi ku nyungu n’amahirwe Abanyarwanda bakura mu gushishikarira kwinjira muri uwo muryango (regional integration).
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni n’uwa Kenya, Uhuru Kenyatta bagiranye inama kuri uyu wa Kabiri tariki 25/06/2013 mu Mujyi wa Kampala biyemeza guteza imbere ibikorwaremezo n’ubucuruzi mu Karere k’Afurika y’Uburasizuba (EAC).
Itsinda ry’abasenateri bane ba Kenya bari bamaze iminsi itanu mu Rwanda biga imikorere ya Sena y’u Rwanda, bamenyesheje Perezida Kagame ko bagenzwaga no kuzakurikiranira hafi imikorere y’inzego z’igihugu cyabo kugira ngo zirusheho guhatana n’iz’ibindi bihugu byo mu karere.
U Rwanda rurifuza ko ibihugu byo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), byagira uburyo bumwe bwo guha ubutabera abaturage batuye muri ibi bihugu. Ibi u Rwanda rubihera ko hari aho usanga abagore n’abana bagikangamizwa.
Imitangire y’amazi meza mu bihugu bimwe na bimwe byo mu muryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC) ntinoze kuko amazi abonwa n’abifite ariko aba rubanda rugufi ntibayabone.
Imyitozo yiswe ‘Mashariki Salam 2013” ihuje abasirikare, abapolisi n’abasivili barenga 1200 baturutse mu bihugu bigize Akarere ka Afurika y’Uburasirazuba yatangiye tariki 19/05/2013 mu kigo cya gisirikare cya Jinja, mu gihugu cya Uganda.
Ikigo East African Exchange (EAX) gihagarariwe n’uwari umunyamabanga wa Leta zunze ubumwe za Amerika ushinzwe Afurika, Jendayi Frazer, kiratangaza ko kirimo kubonera isoko abikorera bo mu Rwanda, cyane cyane abahinzi n’aborozi bato, mu muryango w’Afurika y’uburasirazuba (EAC), kandi ku giciro kibanogeye.
Raporo y’uyu mwaka wa 2013 ya Banki y’isi ifatanyije na IFC, isaba umuryango w’ibihugu by’Afurika y’uburasirazuba (EAC), gutanga inguzanyo ku bikorera, kongera ingamba zo kurengera abashoramari ndetse no guhanahana ingamba buri gihugu gifite, kugira ngo uyu muryango uhabwe icyizere gisesuye n’abashoramari b’isi yose.
Inama ya 11 y’abakuru b’ibihugu b’umuryango w’Afurika y’uburasirazuba (EAC) yateranye tariki 28/04/2013 i Arusha muri Tanzania yemeje ko ibikorwa byo gushyiraho ifaranga rimwe muri uyu muryango bizaba byarangiranye n’ukwezi kwa cumi na kumwe.
Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yasabye Inteko ishinga amategeko y’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EALA), gufasha abawutuye kubyaza umusaruro isoko rigari rigizwe n’ibihugu bitanu, bakareka kuba ba nyamwigendaho no kurangwa n’ivangura, kugirango bave mu bukene ngo bwababayeho akarande.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye Inteko ishinga amategeko y’umuryango w’Afurika y’uburasirazuba (EALA), kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’ibihugu biwugize, kugirango ikibazo cy’ihezwa, akarengane n’ubukene butuma Abanyafurika babeshwaho n’inkunga z’amahanga gikemuke.
Perezida w’Inteko ishinga amategeko y’umuryango w’Afurika y’uburasirazuba (EALA), Margaret Nantongo Zziwa, arashima ibikorwa bimaze kugerwaho n’uruganda rw’amakaro (East African Granite Industries) rukorera mukarere ka Nyagatare.
Kuva tariki 12-26/04/2013, abagize Inteko ishinga amategeko y’ibibihugu bitanu bigize umuryango w’Afurika y’uburasirazuba (EALA), bazaba bari kumwe n’Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda, aho bagiye gufata ingamba zatuma amahame y’umuryango wa EAC ashyirwa mu bikorwa byihuse.
Mu rwego rwo kumenya amateka y’u Rwanda rwo hambere abanyeshuli biga ibya farumasi muri kaminuza zitandukanye zo mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’uburasirazuba (EAC) basuye ingoro y’umwami Mutara wa III Rudahingwa iri mu karere ka Nyanza kuri uyu wa gatandatu tari 23/03/2013.