Igiswahili cyatwegereje abavandimwe bo mu Karere - Perezida Kagame

Perezida Kagame yemeza ko kugira ururimi rw’Igiswahili nka rumwe mu ndimi zemewe n’amategeko mu Rwanda byegereje Abanyarwanda bagenzi babo batuye mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba (EAC).

Perezida Kagame mu nteko ishinga amategeko (Photo: PPU)
Perezida Kagame mu nteko ishinga amategeko (Photo: PPU)

Yabitangarije abitabiriye inteko rusange y’abadepite bagize inteko ishingamategeko y’Umuryango w’Afrurika y’Iburasirazuba, yatangiye imirimo yayo i Kigali kuri uyu wa mbere tariki 6 Werurwe 2017.

Yavuze ko iyi nteko itegerejweho gukomeza kubonera ibisubizo ibihangayikishije abatuye ibihugu bigize umuryango wa EAC. Yagize ati “Ibyo ni bibazo birebana n’uburinganire, kurengera uburenganzira bw’abana no kubahugurira ibirebana no kuboneza urubyaro.”

Yashimiye iyi nteko mu ruhare yagiye igira rwo gukuraho imbogamizi zitandukanye zagaragaraga muri uyu muryango, zigatuma intego zawo zitageraho.

Ati “Ubu abantu baratembera uko babyifuza, kuvugana hagati y’abatuye ibihugu byacu byaroroshye. Guhahirana n’ubucuruzi nabyo byaroroshye kandi turakataje mu kongera ingufu n’amashanyarazi ndetse n’ibikorwaremezo.”

Yavuze kandi ko kuba u Rwanda rwaratoye Igiswahili bizorohereza Abanyarwanda kwisanga no kwegerana n’abavandimwe bahuriye muri uyu muryango.

Iyi nteko ishinga amategeko izamara ibyumweru bibiri yiga ku ngingo zitandukanye ariko ikazibanda ku itegeko rigenga uburinganire n’iterambere ryabwo muri Africa y’Uburasirazuba, nk’uko byemerejwe mu nama ya EALA iherutse kubera Kampala muri Uganda.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 18 )

Sha mwambeshye kera too, ubu ngiye kwiga igiswayire maze ndebe ko muzongera kundagira. Nshimira President Kagame ukomeza gushaka ibyiza byatugirira akamaro.

shami yanditse ku itariki ya: 6-03-2017  →  Musubize

Jye nari niyiziye rumwe rw’abanya gisenyi, ubu reka nze ntyaze ubwenge nige na ruriya ruvugwa mu bihugu bindi ndebe ko najya mvuga igiswayire nyacyo kabisa.

Fasi yanditse ku itariki ya: 6-03-2017  →  Musubize

Ntago ari ubuhahirane gusa ahubwo tugiye no kunoza ubucuti hagati y’ibihugu byose, bityo gake gake tuzanagera ku bumwe bwa Africa.

dada yanditse ku itariki ya: 6-03-2017  →  Musubize

Twarabyishimiye cyane ubu natwe nibura tuzamenya igiswayire, ubundi twajyaga dutinya no gutemberera mu bihugu duturanye bikivuga.

Ya yanditse ku itariki ya: 6-03-2017  →  Musubize

ibihugu byacu nibishyira hamwe, abayobozi bacu bagatahiriza umugozi umwe, abaturage bo muri aka karere tuzagera kuri byinshi cyane kuko aka akarere kacu gafite ubukungu bwihariye kandi bwinshi, bityo rero nimureke twunge ubumwe, turebe icyaduteza imbere, tube bamwe!

cecile yanditse ku itariki ya: 6-03-2017  →  Musubize

ubufatanye b’ibihugu bigize umuryango w’ibihugu by’iburasirazuba nibwo buzazamura abaturage bo muri aka karere mu nzego zitandukanye, yaba ari mu bukungu cyangwa se mubuhahirane banatezanya imbere! Perezida Kagame amaze kugeza byinshi ku banyarwanda kandi ibyiza biri imbere!

anita yanditse ku itariki ya: 6-03-2017  →  Musubize

nanjye gahunda y,igiswahili ndayishigikiye,izatuma twiteza imbere tugera muri EAC nta nkomyi

J.BAPTISTE yanditse ku itariki ya: 6-03-2017  →  Musubize

Nkunda ko Perezida wacu areba kure kuko kugirango abanyarwanda babashe kwinjira neza muri EAC no kwibona uyu muryango bizaba byiza bumva ururimi ruvugwa muri uno muryango (akerere)

nkurunziza yanditse ku itariki ya: 6-03-2017  →  Musubize

nibyo komo igiswahili cyatwegereje abavandimwe , ndibuka tukiga umuntu yibaza ese buretse kukigisha ubu kizarenga kuri ibi kiba cyamfasha byisumbuyeyo? none president wacu aduhaye andi mahirwe adufunguriye undi muryango mwiza wo kukinyuzamo, dore ibyiza byo kugira umuyobozi ukunda abaturage ayobora

emma yanditse ku itariki ya: 6-03-2017  →  Musubize

Ururimi rw’ igiswahili kizadufasha cyane kurushaho kwibona mu muryango wa Afurika y’ iburasirazuba

Samuel yanditse ku itariki ya: 6-03-2017  →  Musubize

amahirwe meza cyane ku rwaruka rw’abanyarwanda , dore ikiza cyo kugira ubuyobozi bureba kure bukamenya icyo umuturage akeneye kandi akwiye

sangwa yanditse ku itariki ya: 6-03-2017  →  Musubize

aya ni amahirwe urubyiruko tutagakwiye kwitesha tuba duhawe n’ubuyobozi bwiza bwacu dufite , numura kumenya neza igiswahili nta mupaka uzaba ufite rwose hose uzaba ubasha kuba wahakora , thanx to Our President

sangano yanditse ku itariki ya: 6-03-2017  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka