Kuri iki Cyumweru, nk’uko byari byitezwe Nkurunziza David yatorewe kuba Perezida wa Kiyovu Sports mu nama y’Inteko rusange idasanzwe yabereye i Remera mu Mujyi wa Kigali igatangira 15h50.
Mvukiyehe Juvénal wahoze ari Perezida wa Kiyovu Sports yangiwe kwinjira ahari kubera inama y’Inteko Rusange idasanzwe y’iyi kipe yitezwe gutorerwamo ubuyobozi bushya.
Kuri iki Cyumweru, Ikipe y’abagore ya Scandinavia yo mu Karere ka Rubavu yahagaritswe mu banyamuryango b’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda kubera kutitabira amarushanwa.
Ikipe ya Manchester United yegukanye igikombe cya FA Cup 2023-2024 itsinze Man City ibitego 2-1 ku mukino wa nyuma wakinwe kuri uyu wa Gatandatu.
Kuva ku wa 23 Gicurasi 2024, ku kibuga cya RP-IPRC Kigali hari kubera igikorwa cyo gutoranya impano z’abakiri bato muri ruhago bazoherezwa mu bihugu bitandukanye ku mugabane w’i Burayi.
Ikipe ya AS Muhanga yatsinzwe ibitego 2-1 n’ikipe ya Vision FC, mu mikino ya Kamarampaka yo gushaka itike yo kwerekeza mu cyiciro cya mbere cya Shampoyona.
Myugariro w’iburyo Mucyo Didier Junior urangije amasezerano muri Rayon Sports agiye kujya mu igeragezawa mu ikipe ya Al-Jazira yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.
Urutonde rwakozwe na Forbes Magazine , rugaragaza ko umukinnyi w’icyamamare uhembwa menshi kurusha abandi muri uyu mwaka wa 2024, ari Cristiano Ronaldo, umwanya akaba agarutseho ku nshuro ya kane.
Ikipe y’umupira w’amaguru ya ESPOIR FC yatewe mpaga eshanu hagendewe ku mikino yakinishijemo umukinnyi witwa Christina Watanga Milembe, wakinnye adafite icyangombwa kibimwemerera gitangwa na FERWAFA.
Bamwe mu bakinnyi b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda (Amavubi) batangiye umwiherero wo kwitegura imikino ibiri ya Bénin na Lesotho mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.
Ikipe ya Police FC irifuza rutahizamu ukina aciye ku ruhande rw’iburyo mu ikipe ya Kiyovu Sports Richard Kilongozi.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Manchester City yakoze amateka itwara shampiyona y’u Bwongereza 2023-2024, ku nshuro ya kane yikurikiranya, ibintu bibaye bwa mbere mu mateka.
Mu gihe kuri iki Cyumweru hasozwa shampiyona y’u Bwongereza y’umwaka wa 2023-2024 hakinwa umunsi wa 38, hitezwe ko Manchester City yatwara shampiyona bwa mbere mu mateka ku nshuro ya kane yikurikiranya cyangwa Arsenal ikayitwara nyuma y’imyaka 20.
Ikoranabuhanga ry’amashusho rimaze imyaka itanu ryifashishwa muri shampiyona y’u Bwongereza mu gufata ibyemezo bimwe na bimwe by’imisifurire rishobora kuvaho guhera mu mwaka w’imikino wa 2024-2025.
Muri iki gihe manda y’imyaka ine Uwayezu Jean Fidèle yari yatorewe ngo ayobore Rayon Sports igana ku musozo, hari ibishimwa ndetse n’ibinengwa bitagezweho birimo kuba hataragaruka imikoranire hagati y’aba-Rayons bamwe na bamwe mu gihe nyamara kubahuza yari yo ntego ya mbere yari ihari mu by’ibanze.
Nyuma y’imyaka ine batagira icyo bavugira mu ruhame kuri Rayon Sports, abahoze bayobora ariko mu 2020 bagasabwa kuyijya kure ubwo habaga amatora ya manda iri kugana ku musozo, bagize icyo bayivugaho ndetse no kubyo kuba bazagaragara mu matora yo mu Kwakira 2024.
Kuri iki Cyumweru tariki 12 Gicurasi 2024, bamwe mu bahoze mu buyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports barimo Paul Muvunyi bagaragaye mu birori byo gushyikiriza APR FC igikombe cya shampiyona ya 2023-2024.
Amakipe ya Sunrise FC na Etoile de l’Est zasoje shampiyona ya 2023-2024 zimanutse mu cyiciro cya kabiri nyuma y’imikino y’umunsi wa 30 zakinnye kuri uyu wa Gatandatu.
Kuri uyu wa Gatanu, umutoza w’Amavubi Frank Spittler yatangaje urutonde rw’agateganyo rw’abakinnyi 37 bitegura imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026 muri Kamena 2026.
Ku wa Kane tariki 09 Gicurasi 2024, ikipe ya APR BBC yatsinzwe na US Monastir yo muri Tunisia amanota 83-70, bikomeza imibare ya APR BBC mu gushaka itike y’imikino ya 1/4 izabera mu Rwanda.
Rutahizamu w’Umunya-Nigeria Ani Elijah ukinira Bugesera FC azakinira Amavubi kuva muri Kamena 2024.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 8 Gicurasi 2024, ikipe ya Real Madrid yasezereye Bayern Munich muri 1/2 cya UEFA Champions League 2023-2024 iyitsinze igitego 2-1, mu mukino wo kwishyura wabereye Santiago Bernabeu muri Espagne.
Mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 7 Gicurasi 2024, ikipe ya Borussia Dortmund yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League 2023-2024 nyuma yo gusezerera Paris Saint-Germain (PSG) iyitsindiye iwayo.
Uwahoze ari rutahizamu w’Amavubi Jimmy Gatete avuga ko inzego bireba yaba FERWAFA na Minisiteri ya Siporo nta na rumwe rwari rwamwegera rumusaba ko yagira umusanzu atanga mu iterambere rya ruhago yaba ku Mavubi cyangwa mu bundi buryo.
Umunyabigwi Jimmy Gatete wabaye rutahizamu w’Amavubi yageze mu Rwanda aho aje gutangiza ikibuga cy’imikino kizwi nka Kigali Universe kiri mu mujyi wa Kigali
Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB, Dr Usta Kaitesi yongeye kuvuga ku byerekeranye n’ikipe ya Rayon Sports nyuma y’imyaka ine uru rwego rugize uruhare mu gushyiraho ubuyobozi bushya bwayo.
Niba usanzwe ukurikira umupira w’amaguru mu Rwanda, si ubwa mbere waba wumvise ikipe yitwa Motar FC ikomeje kwitwara neza mu cyiciro cya gatatu ndetse no kumenyekana cyane. Ni ikipe yashinzwe ndetse inakinamo abakora umwuga wo gutwara abantu kuri za Moto (abamotari), ikaba itozwa n’uwahoze akina muri Rayon Sports witwa (...)
Ikipe y’umurenge wa Rubengera wo mu karere ka Karongi ni wo wegukanye irushanwa "Umurenge Kagame Cup" nyuma yo gutsinda uwa Kimonyi wo mu karere ka Musanze
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 04 Gicurasi 2024 hakinwe imikino y’umunsi wa 29 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere, yasize Bugesera FC na Sunrise FC zifashe imyanya ibiri ya nyuma.
Perezida w’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, Munyantwari Alphonse yavuze ko impamvu ikipe ya Rayon Sports y’abagore itatahanye igikombe cy’Amahoro 2024 yatwaye ari uko hari buro yafungutse.