U Rwanda na Maroc basinyanye amasezerano y’Ubufatanye

Ku munsi wa Kabiri w’uruzinduko Umwami Muhammed VI wa Maroc agirira mu Rwanda, yagiranye ibiganiro na Perezida Kagame bigamije ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.

Hasinywe amasezerano atandukanye y'ubufatanye hagati y'ibihugu byombi
Hasinywe amasezerano atandukanye y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi

Nyuma y’ibiganiro ibihugu byombi byasinyanye amasezerano atandukanye y’ubufatanye n’imikoranire, azibanda ku ishoramari, ubucuruzi, amabanki n’inganda, Politike, umutekano n’ibindi.

Muri ayo masezerano harimo ayiswe “General Cooperation Agreement” akubiyemo ubufatanye mu bijyanye na Politike, ubukungu, imibereho, n’ibindi bizagirira inyungu ibihugu byombi.

Hasinywe kandi amasezerano yiswe “Political Consultation Mechanism”, agamije gushyiraho uburyo bwo kuganira no gushyira hamwe ku bibazo bya Politike hagati y’ibihugu byombi no ku bibazo mpuzamahanga.

Mu masezerano yiswe “Air Servise Agreement”, ibihugu byombi byemeranije imicungire n’imikoreshereze y’ibirere by’ibihugu byombi, aho kompanyi z’indege z’ibihugu byombi zishobora gutangira gukora ingendo hagati yabyo.

Muri aya masezerano kandi bemeranijwe gukuraho burundu “Visa” ku baturage bari mu butumwa bwa Leta n’Abadipolomate (Agreement on Exemption of Visa).

Mu kiswe “Agreement on Security Cooperation”, ibihugu byombi byasinye amasezerano y’umutekano agamije ubufatanye mu kurwanya iterabwoba n’ibyaha mpuzamahanga, no gusangira amakuru y’umutekano n’ay’inzego z’iperereza.

Ikindi igihugu cya Maroc cyemeye muri aya masezerano ni ukubaka uruganda rukora imiti mu Rwanda, no kubaka ishuri ry’ikoranabuhanga ryo ku rwego rwa Afurika “African Institute of Technology.

Kompanyi y’Abanya-Maroc “Palmerie Development Group” yiyemeje gufatanya na Guverinoma y’u Rwanda muri gahunda zo kubaka inzu ziciriritse mu Mujyi wa Kigali.

ku ikubitiro bagiye kwinjira mu mushinga wo kubaka inzu 5 000 i Ndera mu Karere ka Gasabo, umushinga ufite agaciro ka Miliyoni 68 z’Amadolari ya Amerika.

Mu rwego rw’ishoramari kandi, Banki yo muri Maroc yitwa ‘ATTIJARIWAFA Bank yaguze 76.1% bya Cogebanque kuri Miliyoni 41 z’Amadolari ya Amerika, bakaba biyemeje kuyiteza imbere ikagera ku rwego mpuzamahanga.

Bashyizeho kandi ikigega twakwita ‘Mutual Fund’ kingana na Miliyoni 300 z’amadolari ya Amerika kizatangirana na Miliyoni 50 bazashora mu mishinga itandukanye.

Andi masezerano yasinywe arebana n’ imikoranire hagati y’inzego z’imari n’amabanki z’ibihugu byombi, kurinda ishoramari, ubukerarugendo, no kongera ibikorwaremezo mu gice cy’inganda cya “Special Economic Zone”,.

Muri aya masezerano harimo no gushyiraho inama ihuza inzego z’abikorera z’ibihugu byombi, hagashyirwaho imikoranire mu kuzamura ingufu z’amashanyarazi, ubufatanye mu kuzamura ubuhinzi n’ubwishingizi mu buhinzi, n’ibindi.

Amafoto agaragaza umunsi wa Kabiri w’uruzinduko rw’Umwami Muhammed VI

Perezida Kagame yakiriye Umwami Muhammed VI muri Village Urugwiro
Perezida Kagame yakiriye Umwami Muhammed VI muri Village Urugwiro
Yakiranywe Urugwiro n'Icyubahiro gikomeye
Yakiranywe Urugwiro n’Icyubahiro gikomeye
Umwami Muhamed aramutsa abayobozi bakuru b'igihugu
Umwami Muhamed aramutsa abayobozi bakuru b’igihugu
Hasinywe amasezerano atandukanye y'ubufatanye hagati y'ibihugu byombi
Hasinywe amasezerano atandukanye y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi
Bafata ifoto y'Urwibutso nyuma y'amasezerano y'ubufatanye hagati y'ibihugu byombi
Bafata ifoto y’Urwibutso nyuma y’amasezerano y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi
Minisitiri Mushikiwabo na Nasser Mourita wo muri Minisiteri y'Ububanyi n'amahanga yo muri Maroc bamaze gusinya amasezerano y'ubufatanye
Minisitiri Mushikiwabo na Nasser Mourita wo muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga yo muri Maroc bamaze gusinya amasezerano y’ubufatanye
Nyuma y'ibiganiro Perezida Kagame yamwakiriye ku meza
Nyuma y’ibiganiro Perezida Kagame yamwakiriye ku meza
Abayobozi bakuru b'ibihugu byombi basangira ku meza
Abayobozi bakuru b’ibihugu byombi basangira ku meza
Bataramiwe n'Itorero ry'Igihugu Urukerereza
Bataramiwe n’Itorero ry’Igihugu Urukerereza
Intore z'Urukerereza zihamiriza
Intore z’Urukerereza zihamiriza
Amabendera y'ibihugu byombi
Amabendera y’ibihugu byombi
Byabereye muri Kigali Convention Center
Byabereye muri Kigali Convention Center

Video igaragaza uburyo u Rwanda na Maroc basinyanye amasezerano y’ubufatanye

Kureba andi mafoto menshi KANDA kuri kano gafoto  KT Photo

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka