Amafoto: Perezida Kagame n’umuryango bitabiriye igitaramo cyo gusoza umwaka

Mu ijoro ryo ku itariki 31 Ukuboza 2019, Perezida Paul Kagame na Madame Jeannette Kagame bakiriye abantu barenga 1000 b’ingeri zitandukanye mu gitaramo cyinjira mu mwaka wa 2020, cyabereye muri Kigali Arena.

Abitabiriye icyo gitaramo barimo abayobozi mu nzego za Leta, abikorera, abadiplomate, abakorera imiryango mpuzamahanga, abahanzi, abakinnyi b’umupira n’izindi nshuti n’imiryango.

Perezida Kagame yasabye abitabiriye iki gitaramo kwisanzura bagasabana, abafite amakoti bakayikura kugira ngo atabavuna, akababuza kwishimira ibyagezweho mu mwaka wa 2019.

Yagarutse ku byagezweho muri 2019, avuga ko bitanga icyizere ko umwaka wa 2020 uzaba mwiza kurushaho.

Yagize ati “Ibyabaye mu 2019 kugeza ubu birambwira ko ibiri imbere ari byiza kurushaho, ndagira ngo mbibashimire, umwaka uko uza ukazana ibyiza kurusha ushize ntabwo bipfa kuba gusa, biba kubera ko abantu babigize gutyo. Ndabashimira rero ibyiza byose twagezeho kandi bitari bike".

Dore amwe mu mafoto yaranze uwo mugoroba:

Igitaramo cyabereye muri Kigali Arena
Igitaramo cyabereye muri Kigali Arena
Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame bagendaga bifuriza abantu umwaka mushya wa 2020
Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame bagendaga bifuriza abantu umwaka mushya wa 2020
DJ Miller ni we wafashaga abantu gususuruka muri iki gitaramo
DJ Miller ni we wafashaga abantu gususuruka muri iki gitaramo
Perezida Kagame n'umuryango we binjije Abanyarwanda mu mwaka mushya wa 2020
Perezida Kagame n’umuryango we binjije Abanyarwanda mu mwaka mushya wa 2020

Kureba andi mafoto menshi KANDA kuri kano gafoto  KT Photo

Ibitekerezo   ( 3 )

Imana ikomeze ibane n’Abayobozi baharanira kurinda igihugu cy’u Rwanda,kukirinda amacakubiri ayo ariyo yose,kandi duharanire ko u Rwanda rukwiye kuyoborwa n’Imfura,kuko ubupfura ni ubumarayika,turi kumwe.

Jean Philosophe /0788530258 yanditse ku itariki ya: 7-12-2021  →  Musubize

Thanks.birashimishije.famille ya HE PAUL KAGAME ndayikunda cyane!!!!!!!!!!HE PAUL KAGAME ndamukunda cyane!!!!!!!!!!.ndasaba Imana ko umunsi umwe nazatumirwa gusangira Ibirori nk’ibi hamwe n’Abayobozi bacu.
Imana ikomeze ibane namwe iminsi yose.Murakoze.

DUSHIMIRE JEAN yanditse ku itariki ya: 4-01-2020  →  Musubize

Thanks.birashimishije.famille ya HE PAUL KAGAME ndayikunda cyane!!!!!!!!!!HE PAUL KAGAME ndamukunda cyane!!!!!!!!!!.ndasaba Imana ko umunsi umwe nazatumirwa gusangira Ibirori nk’ibi hamwe n’Abayobozi bacu.
Imana ikomeze ibane namwe iminsi yose.Murakoze.

DUSHIMIRE JEAN yanditse ku itariki ya: 4-01-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka