Wari uzi ko imboga-rwatsi zikorwamo boulettes?

Abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Rwanda ishami ry’ubuhinzi n’ubworozi, bavumbuye uburyo bwo gukora burete (boulettes) zirimo imboga rwatsi, karoti n’ibitunguru.

Ishimwe asobanura uko bakora burete bahereye ku mboga-rwatsi
Ishimwe asobanura uko bakora burete bahereye ku mboga-rwatsi

Aba banyeshuri kandi banavumbuye uburyo bwo gukora tofu iva muri soya, ikundwa cyane n’abatarya inyama kandi ikagira intungamubiri nk’iz’inyama.

Aba banyeshuri berekanye ibikorwa byabo mu imurikagurisha ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi, ryaberaga ku Murindi mu mujyi wa Kigali, mu kwezi gushize kwa Kamena 2019.

Valentin Ishimwe Yizerwe, umunyeshuri muri Kaminuza yasobanuye uburyo bakora burete mu mboga rwatsi ndetse no muri soya ku batarya inyama.

Yagize ati “Twe dufata imboga za dodo, epinari, perisire, tungurusumu, karoti, puwaro n’ibitunguru bitukura tukabivanga n’inyama ziseye z’inka, tugakoramo burete”.

Imboga zitandukanye zivamo burete zifite intungamubiri nyinshi
Imboga zitandukanye zivamo burete zifite intungamubiri nyinshi

Naho ku bantu batarya inyama dufata tofu iva muri soya igasimbura za nyama tukayivangamo izo mboga nyuma hakavamo burete zikozwe mu nyama ndetse no muri tofu”.

Uyu munyeshuri agaragaza akamaro k’imboga, akavuga ko zigira vitamine c, kandi kuba zivanze n’inyama bigakabanya ingaruka mbi ziterwa n’inyama zitukura, ikindi ku bantu badakunda kurya imboga ubu buryo burabafasha kubera ko ushobora no kuzikoramo isosi ukaba wayirisha ikindi kintu.

Izo burete zifite ubushobozi bwo kumara hagati y’iminsi ine n’itandatu zibitswe ahantu humutse (dry place).

Abantu bose bemerewe kuzirya, cyane cyane abana n’abari mu zabukuru kubera intungamubiri nyinshi zifitemo, by’umwihariko zoroshye kurya.

Izi burete zikoze mu mboga na tofu
Izi burete zikoze mu mboga na tofu

Aba banyeshuri bavuga ko bataratangira gucuruza izo burete cyangwa tofu bakora, uretse gusa ku baturiye ishuri bigamo.

Burete imwe ikoze mu nyama igura amafaranga 300 y’amanyarwanda, naho ku zikoze muri tofu ni imwe ikagura amafaranga 200.

Izi burete zikoze mu mboga n'inyama
Izi burete zikoze mu mboga n’inyama
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Ese bizashoboka ko iryo shami ryubuhinzi rishobora gufasha umuntu ushaka imfasha nyigisho gukora izo buleti zimboga na Tofu?

Rukundo Celestin yanditse ku itariki ya: 1-07-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka