Urupfu rw’umusore watitizaga imbuga nkoranyambaga ruracyashegeshe benshi

Ethan Is Supreme, umusore w’imyak 17 wari umaze kwamamara kubera kwerekana ibintu by’ubwiza, yitabye Imana mu mpera z’icyumweru gishize, nyamara na n’ubu urupfu rwe rukomeje kwibazwaho.

Ethan yapfuye afite imyaka 17
Ethan yapfuye afite imyaka 17

Uyu musore wakurikirwaga n’abantu benshi ku mbuga nkoranyambaga, biravugwa ko ashobora kuba yazize kunywa ibiyobyabwenge byinshi n’ubwo nta rwego rurabyemeza.

Umwe mu nshuti ze za hafi bafatanyaga ku mbuga nkoranyambaga Ava Louise, na we yavuze ko abuze umuntu w’umuhanga kandi ko yari umuntu w’agaciro isi ibuze mu buryo bw’amaherere.

Ibitangazamkuru byinshi byakunze kumwerekana nk’umwe mu bantu bari bazi kwisiga ibirungo by’ubwiza, maze isi yose igatangara ndetse abantu benshi bagacika ururondogoro.

Uyu musore yatangiye aka kazi mu mwaka wa 2017, ndetse yahise agira abamukurira barenga ibihumbi 100, byatumye ahita ava mu ishuri gusa ntibyamukundiye, ahubwo yahise atangira kujya ahandi ndetse ahimba uburyo bwe bw’imyambarire yise ‘Hellboy’.

Amwe mu mafoto ya Ethan
Amwe mu mafoto ya Ethan

Ibyo yikoraga ku mbuga nkoranyambaga byatumye akurikirwa n’amamiliyoni y’abantu bamwe bakamufata nka shitani, ndetse bamwe bakavuga ko ibyo akora ari uburara, bamwe mu bamukurikira bavugaga ko ashobora kuba aronda uruhu, cyangwa se ko yifitemo urwango ku bo badahuje.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka