Umujyanama wa Trump mu by’amasengesho yiyambaje Abamalayika

Umujyanama wa Perezida Donald Trump mu by’umwuka, Paula White-Cain, avuga ko abamalayika baturutse muri Afurika no muri Amerika y’Epfo bakaba baje gufasha Donald Trump gutsinda amatora aho akomeje kurushwa n’uwo bahanganye Joe Biden uhagarariye ishyaka ry’Abademocrate.

Umujyanama wa Trump mu by'amasengesho Paula White Cain na we ntiyicaye gusa ahubwo yahamagaye Abamalayika ngo bafashe Trump kwegukana intsinzi
Umujyanama wa Trump mu by’amasengesho Paula White Cain na we ntiyicaye gusa ahubwo yahamagaye Abamalayika ngo bafashe Trump kwegukana intsinzi

Mu mashusho yakwiriye hose asenga ashishikaye, White-Cain yagize ati: "Ndumva ijwi ry’intsinzi, Uwiteka aravuga ko byakozwe. Kuko numva, intsinzi, intsinzi, intsinzi mu ijuru ndayumva muri jyewe."

Pasiteri White-Cain yemeje ko abamarayika boherejwe baje gufasha Trump gutsinda Biden, aho yagize ati: "Ndabumva barimo kuza mu izina rya Yesu.. imbaraga z’abamarayika ziramanutse".

Amashusho yakwirakwiriye cyane ku mbuga nkoranyambaga agaragaza uyu mupasteri asengera Trump. Icyakora bamwe mu bayabonye babisanishije no gusaza imigeri cyangwa se amatakirangoyi, mu gihe abantu benshi hira no hino ku isi bakomeje kubona ko Joe Biden afite amahirwe menshi yo kwegukana intsinzi.

Amajwi yatangajwe kuva kare kuri uyu wa Kane tariki 05 Ugushyingo 2020 yerekanye ko Joe Biden ari imbere n’amajwi 264 mu gihe Trump afite 214 naho ugomba kwegukana intsinzi akaba asabwa kugira amajwi 270.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Ariko nk’abakristu,tuge tumenya ko Ijambo ry’Imana rivuga ko Imana itumva amasengesho y’abantu bose.Urugero,Yohana 9:31 havuga ko "Imana itumva amasengesho y’abanyabyaha" (banga kwihana).Ikindi kandi,nkuko Matayo 15:9 havuga,herekana neza ko iyo usenga mu buryo budahuje nuko ijambo ryayo rivuga,uba uta igihe.Urugero,ni amadini asenga anyura ku zindi ntumwa zitari Yezu Kristu.Gusa na none,ntabwo Imana yumva amasengesho ajyana kuli politike.Kubera ko muli politike haberamo ibibi byinshi Imana itubuza.

burakali yanditse ku itariki ya: 6-11-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka