Umugabo yishushanyijeho ahinduka nk’igisimba ngo bimurinde kwigunga
Chris Woodhead, umugabo w’Umwogereza yafashe icyemezo kwo kwishushanyaho (tattooing) ahinduka nk’igisimba ngo yiyibagize ko hariho gahunda ya #GumaMuRugo, isaba abantu kuguma mu ngo ngo birinde icyorezo cya Coronavirus.
- Chris yabaye nk’igisimba kubera kwishushanyaho
Uyu mugabo utuye mu burasirazuba bw’Umujyi wa London mu Bwongereza, yiyicarira mu ntebe ze ari kumwe n’imbwa ubundi agashakisha umwanya ku mubiri we wamazwe n’ibishushanyo, ashakisha aho yashyira ibindi.
Ni umugabo utangaje cyane uburyo agaragara nk’igisimba, kandi ari ibishushanyo yikorera akoresheje intoki, agashushanya ibintu by’amoko yose nk’uko tubikesha BBC.
Chris yatangiye kwishushanyaho afite imyaka 18. Hashize imyaka 15 abikora akaba yarabaye imbata yabyo abikuye ku by’amamare bya muzika, maze biza guhumira ku mirari ubwo yamenyaga icyamamare Duncan X uzwi cyane mu bijyanye no kwishushanyaho.
Yagize ati “ Duncan yari anshushanyijeho mfite imyaka 19 maze inshuti zanjye na zo zitangira kunshushanyaho inshuro zirenga 400”.
#GumaMuRugo igitangira byahumiye ku mirari, kuko Chris yari yarishushanyijeho ibishushanyo birenga 1000 ku mubiri we, none ubu amaze kongeraho ibindi 40.
Ubwo abandi batangiraga kuguma mu rugo atakibasha kujya ku kazi ko gushushanya muri studio yari afite, we n’umugore we Emma bafashe icyemezo cyo kwigumira mu rugo bakajya bishushanyaho buri munsi kuzageza ubwo iyo gahunda izarangirira.
Yagize ati “Nisanze nta kindi ndi gukora ndi kurya ibibonetse byose, natangiye kwishushanyaho nibura ngo mfate icyerekezo muri iyi guma mu rugo, abantu badafite icyerekezo muri iyi gahunda nta kazi gahari babuze byose”.
Buri mugoroba guhera saa munani kugeza saa kumi, uyu mugabo Chris aba atangiye kwiyandikaho yerekana ubuzima babayemo bwa guma mu rugo, uko anyweye ikawa akandikaho akantu.
Yagize ati “Kwiyandikaho ubwabyo ni umuti utuma ntigunga kandi bituma nerekana ibiri mu mutima wanjye muri ibi bihe bitoroshye”.
Hari amwe mu magambo yanditse ku ruhu rwe, agira ati “When Will Ii End”?, bisobanuye ngo “Bizarangira ryari”, ubundi arongera yandika ho ngo ‘NHS’ (The National Health Service), mu rwego rwo gushimira abakora mu nzego z’ubuzima uburyo bitanga ngo barokore ubuzima bw’abantu.
Uyu mugabo akaba yarabaye nk’igisimba kubera ibyo yiyandikaho buri munsi, ibiti, ibisimba, abo adaherutse n’ibindi bifitanye isano n’ubuzima abayemo muri iki cyorezo cya Coronavirus, ndetse abantu bakaba bafite ubwoba ko azasohoka abantu benshi bakikanga.
Inkuru bijyanye na: Coronavirus
- Kigali: Umuyobozi w’Umudugudu yemerewe gutanga uruhushya rwo kujya kwivuza
- Mu Rwanda abantu 2 bishwe na COVID-19, habonetse abanduye bashya 328
- Abanyeshuri bahagaritse amasomo muri Kigali bashobora kuzongererwa igihe cyo kwiga
- Abakuze n’abafite uburwayi bukomeye muri Kigali bapimwe Covid-19
- Musanze: Polisi yafashe abantu 13 yasanze mu cyumba bari mu birori
- Mu Rwanda abantu 7 bishwe na COVID-19, habonetse abanduye bashya 204
- MINISANTE irasaba abayobozi b’ibitaro gutegura amatsinda azakingira COVID-19
- Kigali: Menya abihutirwa bagomba guhabwa ibiribwa muri iyi Guma mu rugo
- Mu Rwanda abantu 3 bishwe na COVID-19, habonetse abanduye bashya 273
- Umufaransa Remy Julienne wamamaye muri filime za James Bond yishwe na Covid-19
- Burera: Izuba, imvura na COVID-19 byabangamiye ubuhinzi
- Mu Rwanda abantu 9 bishwe na COVID-19, habonetse abanduye bashya 310
- Inkingo Miliyoni za Covid-19 ziragera mu Rwanda muri Gashyantare
- Rwarutabura (Nyamirambo) Kwirinda Coronavirus bisa n’aho bitabareba: Amafoto + Video
- Mu Rwanda abantu 5 bishwe na COVID-19, habonetse abanduye bashya 312
- Amakuru y’uwanduye COVID-19 azajya amenyeshwa abayobozi b’aho atuye
- Kigali: Bamwe kuguma mu rugo babigize ibihuha. Dore uko byifashe mu mafoto
- AS Muhanga yasubitse amasezerano y’abakozi
- Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Zimbabwe yahitanywe na Covid-19
- Hari abatorohewe no kugera mu rugo saa kumi n’ebyiri, abakora ingendo za ngombwa barafashwa
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|