Ukeneye kongera ibiro cyangwa kubyibuha, dore amafunguro yagufasha

Abantu benshi bakunze kuvuga cyane ku mafunguro afasha gutakaza ibiro cyangwa se kunanuka, ariko ntitwibagirwe ko hari n’abandi baba bifuza kongera ibiro cyangwa kubyibuha.

Bimwe mu biryo byagufasha kubyibuha
Bimwe mu biryo byagufasha kubyibuha

Dore amwe mu mafunguro yagufasha mu ntego yawe yo kongera ibiro:

1 - Imineke

Ushobora kurya umuneke nyuma yo gufata ifunguro rya mu gitondo cyangwa se ukawuvanga na yaourt.

2 - Ibigori

Mu gihe wifuza kongera ibiro cyangwa kubyibuha, ni byiza gufata amafunguro arimo ibigori (igikoma, umutsima wabyo cyangwa se kawunga), imvungure n’ibindi.

3 - Inkoko

Umuntu wifuza kongera ibiro agirwa inama yo kurya amafunguro akungahaye kuri proteine, muri zo n’inkoko irimo.

4 - Amavuta

Umubiri ukenera amavuta kugira ngo ibiro byiyongere. Wakoresha aya Elayo, amamesa, ibihwagari n’ayandi.

5 - Umugati

Ushobora kuwurya ku ifunguro rya mu gitondo cyangwa se ukawurenza ku mafunguro yandi.

6 - Imbuto ariko zidafite amazi menshi (Des fruits secs)

7 - Ibinyampeke (céréales)

Abantu batagira umwanya wo gufata ifunguro ry’amanywa, akenshi bakunze gufata ifunguro rya mu gitondo ririmo ibinyampeke kuko rifata mu nda. Ibinyampeke rero binifashishwa n’abashaka kongera ibiro, bakagirwa inama yo kubifata kenshi.

8 - Fromage

Fromage ikize ku bitera imbaraga (calories), ikaba ifasha kongera ibiro vuba kandi mu gihe gito.

9 - Mayonnaise
Mayonnaise na yo ikungahaye ku bitera imbaraga ikaba ifasha mu kongera ibiro.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 9 )

Mwiriwe neza nange ndi umubyeyi pe nange sijya ndenza ibiro 43 byaracanze p abantu bahora bambaza impamvu nanutse bikanyobera p

Nzakorik kwer.

Nkeneye inama zanyu kandi nibikunda
Nzabashimifa cynee pe

Murakoze

Bella yanditse ku itariki ya: 23-03-2024  →  Musubize

Mwiriwe neza nange ndi umubyeyi pe nange sijya ndenza ibiro 43 byaracanze p abantu bahora bambaza impamvu nanutse bikanyobera p

Nzakorik kwer.

Nkeneye inama zanyu kandi nibikunda
Nzabashimifa cynee pe

Murakoze

Bella yanditse ku itariki ya: 23-03-2024  →  Musubize

Niki nakora ibiro bikiyongera ese kugira ibiro bike biterwa Niki narivuje ngo barebe iki bitera basanga ndi muzima

Parfaite yanditse ku itariki ya: 10-01-2024  →  Musubize

Urakoze cyane sinarinzuko bikorwa

Nijass yanditse ku itariki ya: 7-02-2024  →  Musubize

Ndunva Afite ikibazo nkicyo narinfite so wanvugisha nkaguhuza numuntu ugufasha 0788877177

Nshimabahizi Jerome yanditse ku itariki ya: 29-12-2023  →  Musubize

Ndi umugabo winyaka 29 sindarenza ibiro 56 kd ndananutse kuburyo nange bintera isoni Niki nakora ngo nongere umubiri nkeneye inama zanyu(imbuto ndazirya,umugati,mayonese n’ibindi ariko byaranze)

Isaac yanditse ku itariki ya: 12-10-2022  →  Musubize

Njye ndi umubyeyi ariko sinjya ndenza ibiro 49. iyo ntwite ngira 56 ubwo mbanabyibushye mbese kdi MBA nenda kubyara, ntacyo ntageragez ngo mbyibuhe bikanga kdi ndabishaka, ubwo koko nakora iki gusa nyine nta appetit ngira ntabwo ndya ibiryo nyinshi.

Elias yanditse ku itariki ya: 1-11-2021  →  Musubize

UMVA FOROMAJE IZABIGUFASHAMO

Hagenimana yanditse ku itariki ya: 7-11-2021  →  Musubize

Ukoresheje food supplements yitwa Mychoco yagufasha cyane

+250780006765

Eric yanditse ku itariki ya: 21-10-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka