Seburikoko: Kibonge yakoze ubukwe abafana be bagira ngo ni filime

Emmanuel Mugisha uzwi cyane ku izina rya Kibonge muri Filime y’urwenya ya Seburikoko, Ni umugabo wa Umutoni Jaqueline, nk’ uko byemejwe n’Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Niboye.

Mugisha Emmanuel na Umutoni Jacqueline basezerana imbere y'Amategeko
Mugisha Emmanuel na Umutoni Jacqueline basezerana imbere y’Amategeko

Uku gusezerana kw’aba bageni kwitabiriwe kwabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kane tariki ya 18 Ukwakira 2018, byitabirwa n’inshuti n’abavandimwe b’akadasohoka b’abageni, ndetse na bmwe mu bakinnyi ba filime bagenzi be.

Abamenye iby’ubu bukwe kimwe na benshi bakunda uyu mukinnyi wa Filime babonaga iby’ubu bukwe ku mbuga nkoranyambaga, bakurikije uburyo basanzwe bamuzi muri Filime bahurizaga mu kuvuga ko atakoze ubukwe, ahubwo yarimo akina filime.

Umwe witwa Muvunyi yagize ati" Ntabwo Kibonke yakora ubukwe, arimo arakina filime. Biriya se koko hahaha."

Bamwe mu babonye amafoto babanje kugira ngo ni ugukina filime
Bamwe mu babonye amafoto babanje kugira ngo ni ugukina filime

Undi nawe yagize ati" Kibonge rwose arimo arakina filime ahubwo ndumva mfite amatsiko y’igihe izasohokera, nkirebera ibya kiriya gishongore cy’umukobwa bari kumwe."

Kigali Today yifurije ishya n’ihirwe Emmanuel Mugisha (Kibonge) na Umutoni jacqueline.

Uyu muhango wabereye mu Murenge wa Niboye
Uyu muhango wabereye mu Murenge wa Niboye
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Kibonge congs rwose nkunda ukina noneho za ndirimbo ngo fata telefone nizindi ziranshimisha

Fofo yanditse ku itariki ya: 20-10-2018  →  Musubize

Kibonke tumwifurije urugo Rwkzaaaaa.gsa aradushimisha kdi abantu bumveko Atari commedy

Niyonkuru Theogene yanditse ku itariki ya: 19-10-2018  →  Musubize

Hahhh KBS umusaza yabikoze gusa kubyemera biragoye kuko asanzwe arumunyabiparu

Kwizera Emmanuel yanditse ku itariki ya: 19-10-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka