Minisitiri Busingye yaremeye umuturage wamusabye agafuka k’umuceri

Umuturage wiyise Rebakure ku rubuga rwa Twitter yandikiye Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye, amumenyesha ko ‘mu nda nta kirimo no kwirinda bigoye’, na we ahita amwoherereza amafaranga ayanyujije kuri Mobile Money.

Minisitiri Busingye Johnston benshi bamushimira uko asabana n'abantu ku mbuga nkoranyambaga
Minisitiri Busingye Johnston benshi bamushimira uko asabana n’abantu ku mbuga nkoranyambaga

Minisitiri Busingye yari yanditse kuri Twitter ku wa Gatandatu tariki 17 Nyakanga 2021 asaba abantu kurushaho kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus kuko imeze nabi, asaba abatangiye Guma mu Rugo kwitwararika.

Rebakure ni umwe mu batanze ibitekerezo kuri ubwo butumwa ariko we asa n’uwisabira ubufasha Minisitiri Busingye agira ati “Bwana Minister wandemeye nk’agafuka k’umuceri nibura iyi Guma mu rugo nayisoza nta mwotsi na mba naho ibya korona baca umugani ngo ikirima nikiri mu nda, mu nda nta kirimo no kwirinda wapi..”

Minisitiri Busingye yahise amubaza ati “Uri muri Momo?”

Hashize akanya wa muturage witwa Rebakure ashyira kuri Twitter ubutumwa bwa Mobile Money bugaragaza ko yakiriye amafaranga yo kugura wa muceri, ndetse ashimira Minisitiri Busingye amusabira n’umugisha ku Mana.

Uwo muturage yagize ati “Urakoze Minisitiri yabikoze ndamushimiye Imana imuhe umugisha…”

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

Minister Businge no umuntu w’umugabo Kandi w’umubyeyi,ashyira mukuri cyaneko nubusanzwe ni umunyakuri.Imana Ishobora byose Imukomereze intambwe mubuzima bwe bwose.Mboneyeho nanjye kumwifuriza Impagarike muri 2022

Albert MBARUSHIMANA yanditse ku itariki ya: 3-01-2022  →  Musubize

Yakuremeye,wasanga uguzemo Bierre naho kuguramo uwomuceli wamusabye,ukamera nkabasaba amabati,cg sishakibondo bakarangira babigurishije.

Manirafasha Valens yanditse ku itariki ya: 18-07-2021  →  Musubize

Yakuremeye,wasanga uguzemo Bierre naho kuguramo uwomuceli wamusabye,ukamera nkabasaba amabati,cg sishakibondo bakarangira babigurishije.

Manirafasha Valens yanditse ku itariki ya: 18-07-2021  →  Musubize

Yakuremeye,wasanga uguzemo Bierre naho kuguramo uwomuceli wamusabye,ukamera nkabasaba amabati,cg sishakibondo bakarangira babigurishije.

Manirafasha Valens yanditse ku itariki ya: 18-07-2021  →  Musubize

Urugero rwiza thx Minster

Bakaja yanditse ku itariki ya: 18-07-2021  →  Musubize

Uretse ingeso yo gusabiriza uwo muntu ndahamya ko atarashimishijwe nuko guma murugo ibaho agasa nubivuga aliko aningura ntabwo ali umukene wo gufashwa wapi ngo narangiza.yandike akoresheje Twitter ahubwo bazamugenzure barebe niba yarafashijwe à bikwiye koko

lg yanditse ku itariki ya: 18-07-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka