Madagascar: Umusore ushaka inkumi bakundana abanza kurwana n’ikimasa (Amafoto)

Mu gihugu cya Madagascar ntibyorohera abasore kubona abakunzi kuko kugira ngo bababone babanza guca mu bigeragezo byerekana ko ari abagabo bazabasha gutunga no kurinda abagore babo.

Umusore abanza kurwana n'ikimasa yatsinda akabona kubona umukobwa bakundana
Umusore abanza kurwana n’ikimasa yatsinda akabona kubona umukobwa bakundana

Muri icyo gihugu mu gace kitwa Betsileo, kuva kera bategura amarushanwa yitwa “Savika” aho abagabo bashaka abakobwa bakundana, bazagira abagore, babanza kurwana n’ibimasa.

Nk’uko bigaragara mu nkuru ya Video yakozwe n’igitangazamakuru cya BBC, iryo rushanwa ribera ahantu habugenewe maze abakobwa n’abandi bantu bakaza kureba uburyo abasore bahangana n’ibimasa bifite amahembe n’ipfupfu.

Buri musore ahangana n’ikimasa kimwe, akagifata ku ipfupfu akahakomeza, ikimasa kikamuteragura hejuru, abantu bareba, bogeza banavuza ingoma.

Uwo mukino ubera ahantu habugenewe abantu bakaza kureba bogeza
Uwo mukino ubera ahantu habugenewe abantu bakaza kureba bogeza

Umusore yegukana intsinzi iyo yakomeje guhangana n’icyo kimasa, akagikomeza kugeza igihe kinaniriwe kikaryama hasi. Gusa ariko iyo kimukomerekeje umukino urahagarara.

Icyo gihe uwo musore afatwa nk’intwari muri ako gace, akabengukwa n’inkumi nawe agahitamo iyo ashaka azagira umugore.

Uwo mukino wo gukirana n’ikimasa ntiworoshye kuko ngo kuva watangira umaze gupfiramo abantu babarirwa muri 50.

Abakobwa nabo baba baje kwihera ijisho uburyo abasore barwana n'ibimasa. Iyo umusore atsinze ahitamo umukobwa bakundana
Abakobwa nabo baba baje kwihera ijisho uburyo abasore barwana n’ibimasa. Iyo umusore atsinze ahitamo umukobwa bakundana

Muri iyo Video ya BBC hagaragaramo umusore witwa Andy Rafanambinantsoa, ufite imyaka 27 y’amavuko ariko utarashaka umugore kuko yarwanye n’ikimasa ntabashe kugitsinda.

Avuga ko yizeye gutsinda mu irushanwa ritaha nawe akabasha kubona uwo azagira umugore.

Akomeza avuga ko kugira umugore muri ako gace ari ikintu gikomeye cyane kuko ngo utagira umugore, abana n’umuryango bifatwa nko gusuzuguza ise umubyara.

Andy Rafanambinantsoa umwe mu basore barwanye n'ikimasa agatsindwa avuga ko yizeye kuzatsinda akabona umugore
Andy Rafanambinantsoa umwe mu basore barwanye n’ikimasa agatsindwa avuga ko yizeye kuzatsinda akabona umugore
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 16 )

njewe nshigikiye John aho nhejuru yavuze ijambo ryiza cyane imbaraga ntaho zihuriye no gutunga urugo ariko kurundi ruhande buri igihugu gifite imicyo yacyo

Abdullah Mohamed yanditse ku itariki ya: 28-11-2017  →  Musubize

Yampayinka Nyababiri, aka nakumiro mba ndoga data

paty yanditse ku itariki ya: 21-11-2017  →  Musubize

Mukecuru umbyara yaravugaga ati ni akumiro Rwajekare

Ndayiringiye jean Damascene yanditse ku itariki ya: 10-11-2017  →  Musubize

NAJYA MUKINDI GIHUGU KURAMBAGIZA KUKO UDAFITE IMBARAGA WAZISAZIRA UBUSA...

VIANNEY yanditse ku itariki ya: 10-11-2017  →  Musubize

njye ndabona nasaza ntamugore nzanye kuko ushoborakubura ubuzima nuwomugore ushaka ntumubone aho ntanurukundo ruhaba uko byumva

habumugisha jean claude yanditse ku itariki ya: 31-10-2017  →  Musubize

muminsi micye n’ukubateza intare!!!!

Alphonse yanditse ku itariki ya: 14-10-2017  →  Musubize

Niyo mpamvu nemera Trump. abirabura baracyari inyuma sana

50 Cent yanditse ku itariki ya: 6-10-2017  →  Musubize

Ababantu. Babahungu. Bararenganye sana.ubwose. ubuze. Ubuzima muruwomurwano. Reta. Imuteganyiriza. Iki?.birangiriraho. Gusa. Bazabyigeho. Rero kuko. Imbaraga z’urukundo ntizishakirwa mukimasa.

turabashimiye alias yanditse ku itariki ya: 5-10-2017  →  Musubize

imbaraga zamaboko sizo zitunga urugo ahubwo imbaraga zumutima .kandi ntacyo wazipimisha .

John yanditse ku itariki ya: 4-10-2017  →  Musubize

konumva bagowe urukundo rwomukimasa rurarenze2

Mupenzi jaen delapoix yanditse ku itariki ya: 4-10-2017  →  Musubize

ahubwo aho kurwana n’ikimasa nategura ubukwe tukazakibaga.nta rukundo ruva mu kugundira ipfupfu ry’inka. aha akobwa .

ANACLET yanditse ku itariki ya: 4-10-2017  →  Musubize

nihatari kabisa.none bamgara make ntibarongora?iwacu iburundi imana ishimwe hakora urukundo.

niyonkuru eddy yanditse ku itariki ya: 4-10-2017  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka