Afurika y’Epfo yatangaje ingamba nshya mu kurwanya COVID-19

Minisiteri y’Ubuzima muri Afurika y’Epfo yatangaje ko bisaba imbaraga nyinshi no kwitanga birenze ibyo bari gukoresha mu kurwanya Coronavirus, bitaba ibyo uburyo iyi ndwara iri gukwira ku muvuduko udasanzwe, mu minsi mike yaba imaze gufata abaturage benshi.

Zweli Mkhize, Minisitiri w'Ubuzima wa Afurika y'Epfo (Photo:Internet)
Zweli Mkhize, Minisitiri w’Ubuzima wa Afurika y’Epfo (Photo:Internet)

Afurika y’Epfo ni cyo gihugu gifite ubanduye icyorezo covid-19 benshi kurusha ibindi bihugu byo ku mugabane wa Afurika.

Mu minsi ishize Leta yatangaje ko yashyizeho itsinda ry’abaganga barenga ibihumbi 11, bo kuzenguruka urugo ku rundi bapima abaturage bareba abanduye, aho bishoboka bakagezwa kwa muganga, abandi bagashyirwa mu kato mu ngo zabo.

Minisitiri w’Ubuzima, Zweli Mkhize, yavuze ko kugeza ubu bamaze gupima abantu ibihumbi 47, 541, ariko avuga ko akurikije uburyo iyi virus yiruka cyane, bakeneye gushyiramo imbaraga zirenze izo bari gukoresha.

Yagize ati “ Keretse nitwongera umuvuduko naho ubundi twese tuzandura mugihe cya vuba”.

Yongeyeho ko mu kwezi kwa gatanu kurangwa n’ibicu n’imvura n’ubukonje bukabije, uburyo ibicurane bikunze kwibasira abantu beshi cyane, Coronavirus na yo ikaba ikwira cyane mu gihe cy’ubukonje, avuga ko biteguye ko ibitaro n’ibigo nderabuzima bizaba byuzuye abarwayi ba Coronavirus.

Ati “Mu gihe cy’ubukonje tugiye kwinjiramo ibintu bizarushaho kuba bibi cyane, ibitaro bishobora guterwa n’umwuzure utari uw’amazi ahuwo ari uw’abarwayi ba coronavirus”.

Kugeza ubu imodoka zirenga 67 zuzuye ibikoresho byo gupima zoherejwe mu gihugu hose, kdi abaganga ntabwo bazongera gutegereza ko abaturage baza kwipimisha babasanze kwa muganga, ahubwo ni igihe cyo kubasanga aho bari.

Ikoranabuhanga bari kwifashisha rishobora gutuma mu cyumweru gitaha bashobara kugera ku rwego rwo gupima nibura abantu ibihumbi 30,000 ku munsi.

Kugeza ubu abantu bane bamaze kwicwa na covid-19, mu gihe abantu barenga 1,400 na bo bamaze kuyandura.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka