Nyiraneza Claudine na Kayibanda Syiprien, ababyeyi b’uyu mwana, bavuga ko umwana wabo bamubuze kuva ku itariki ya 02/12/2011 ubu kugeza uyu munsi bakaba baramuburiye irengero ariko bakaba bacyeka ko ari amazi yamujyanye.
Uyu mwana ngo yagiye akurikiye nyina wari wagiye kwahirira inyana ubwatsi. Ababyeyi bafatanyije n’ubuyobozi baramushatse baramubura ubu bakaba bacyeka ko yaba yaratwawe n’umugezi waho batuye witwa Ruhamba kuko umaze gutwara abana bagera muri batatu muri ako gace.
Uyu mwana yasize impanga ye bavukanye ikaba yaraheranywe n’agahinda kubera mugenzi we wabuze.
Ernestine Musanabera
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|