U Bufaransa: Abadepite bemeje umushinga w’itegeko ribuza abana gukoresha imbuga nkoranyambaga
Mu Bufaransa, kuri uyu wa kabiri, tariki ya 27 Mutarama 2026, Abadepite bemeje umushinga w’itegeko ribuza abana bari munsi y’imyaka 15 gukoresha imbuga nkoranyambaga. Uwo mushinga ushyigikiwe cyane na Guverinoma y’icyo gihugu ugamije kurinda ubuzima bwo mu mutwe bw’ingimbi n’abangavu.
Guverinoma y’u Bufaransa kandi yashyizeho inzira yihuse yo kugira ngo iryo tegeko ritangire gukurikizwa guhera mu 2026. Iryo tegeko rigamije kurinda ubuzima bwo mu mutwe bw’abangavu, ribabuza gukoresha cyane cyane imbuga nkoranyambuga TikTok, Instagram na Snapchat.
Perezida Emmanuel Macron, yagaragaje ko ashyigikiye cyane iryo vugurura kuko rizaba ari ikimenyetso gikomeye n’intambwe ikomeye cyane mu kurinda abana.
Abinyijije ku rubuga rwa X yagize ati, “Kuko ubwonko bw’abana bacu butagurishwa. Ntabwo bugurishwa ku mbuga z’Abanyamerika, kandi ntibugurishwa ku mbuga z’Abashinwa.”
Uwo mushinga w’itegeko watowe n’abadepite ku majwi 130, mu gihe 21 bo batawutoye, ikizakurikiraho ni uko usuzumwa na Sena mu byumweru bikeya biri imbere, nk’uko byatangajwe na Minisitiri ushinzwe ikoranabuhanga Anne Le Hénanff.
Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe mu Bufaransa, akaba n’umuyobozi w’abadepite ba Renaissance, Gabriel Attal, yatangije ko yishimiye kuba u Bufaransa bufunguye inzira muri urwo rwego rwo kurinda abana.
Iryo tegeko kandi nirimara kwemezwa ryemejwe burundu, u Bufaransa buzaba bubaye igihugu cya kabiri gishyizeho amategeko akakaye ku bana bato, nyuma ya Australia yabujije imbuga nkoranyambaga ku bana bari munsi y’imyaka 16 , guhera mu ntangiriro z’ukwezi k’Ukuboza 2025.
Guverinoma ishaka ko iryo tegeko ritorwa byihuse, rigatangira kubahirizwa mu mwaka w’amashuri wa 2026, kandi hakazashyirwaho uburyo bukomeye bwo kugenzura imyaka ku bakoresha izo mbuga bose, bitarenze itariki ya 1 Mutarama 2027, nk’uko Minisitiri Le Hénanff yabivuze.
Itegeko riteganya ko “kwinjira kuri serivisi z’imbuga nkoranyambaga zitangwa n’urubuga rw’ikoranabuhanga bibujijwe ku bana bari munsi y’imyaka 15”.
Ariko hari zimwe mu mbuga z’uburezi zitazabujijwe. “Serivisi z’ubutumwa bwihariye hagati y’abantu” nka WhatsApp nazo ntizirebwa n’iryo tegeko, nk’uko byatangajwe na Depite Laure Miller, watanze uwo mushinga.
Imbuga nkoranyambaga nka TikTok, Snapchat na Instagram, zimaze kuba ikintu gikomeye mu buzima bw’abangavu, kandi ngo zigira ingaruka zikomeye ku buzima bwabo bwo mu mutwe, nk’uko byatangajwe n’Ikigo cy’igihugu cy’u Bufaransa gishinzwe umutekano w’ubuzima (Anses) mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Mutarama 2026.
Ingaruka zivugwa zirimo, ihohoterwa rikorerwa kuri murandasi, kwigereranya buri gihe n’abandi, no guhura n’ibindi bikorwa by’ubugizi bwa nabi, ndetse no kuba bitwara imitima y’abana bigatuma basinzira nabi.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|