Turasaba ko mwanoza gahunda y’imiturire kuko ikigaragaramo ibibazo - Umuturage
Mudenge Boniface akaba n’umurinzi w’igihango waturutse mu Karere ka Rubavu witabiriye Umushyikirano, yabajije ikibazo kijyanye n’imiturire kuko mu karere atuyemo abaturage bakiri mu gihirahiro cyo kumenya ahagenewe gutura no guhinga.
Mudenge yavuze ko hari igihe umuturage akenera kubaka ugasanga yigiriye kubaka inzu ahagenewe ubuhinzi kandi bitemewe ahubwo agakorana n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ku buryo abona hazamo n’ikibazo cya ruswa.
Ati “Kuko bitarasobanuka neza usanga ukeneye kubaka yegera ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bakavugana uko yubaka adakurikije ibyo amategeko ateganya. Twagira ngo mudufashe kuko usanga ari ikibazo gikomeye”.
Minisitiri w’Ibidukikije Dr Arakwiye Bernadette yavuze ko u Rwanda rufite igishushanyo mbonera cyerekana ubutaka bwagenewe guturwaho ndetse n’ubutaka bwagenewe ubuhinzi.
Ati “ Ku gihugu dufite ubutaka bwagenewe guhingwa bungana na 47,2 % ubuturwaho ni 15,2% , abakoresha ubutaka mu buryo budakwiye ni amakosa ahanwa, tukaba dusaba ababikora kubikosora”.
Minisitiri Arakwiye yavuze ko Leta y’u Rwanda ifite gahunda yo gukomeza gusobanurira Abanyarwanda icyo ibishushanyo mbonera bivuga ku mikoreshereze y’ubutaka ndetse ko hari gahunda yo gukomeza gukorana n’inzego z’ibanze kugira ngo ibyo bibazo bihari bikemuke.
Intego kuri gahunda y’imikoreshereze y’ubutaka igaragaza igishushanyo mbonera cy’igihugu (NLUDMP 2020-2050). Ni gahunda y’igihe kirekire yateguwe kugira ngo hategurwe uko ubutaka bwose mu Rwanda buzakoreshwa kugeza mu mwaka wa 2050.
Iyi gahunda ireba uburyo ubutaka butangira gukoreshwa mu byiciro bitandukanye, irimo gutura, ubuhinzi, inganda, ubucuruzi, ibikorwa remezo, ibidukikije n’ibindi.
Igamije kugabanya imyubakire y’akajagari, guteza imbere iterambere rirambye, no gucunga umutungo kamere neza.
Inkuru zijyanye na: Umushyikirano 20
- Dore imyanzuro yafatiwe mu Nama y’Umushyikirano yateranye ku nshuro ya 20
- Abarezi bahangayikishijwe n’abangavu baterwa inda
- MINISANTE yijeje gutanga serivisi zinoze kandi zegereye abaturage
- Ubu turi mu miyoborere izira ‘cachot, cachet na cash’
- Perezida Kagame : Ubwenge n’ubushobozi murabufite, ni iki kitubuza gutera imbere?
- U Rwanda rwahisemo imiyoborere myiza igaragara mu buzima bwa buri munsi bw’umuturage
- Ikibazo si ugushyira umukono ku masezerano, ikibazo ni ubushake bwa Politiki - Min. Nduhungirehe
- Umushyikirano ni umwanya mwiza wo gusuzuma ibyagezweho - Depite Mukabalisa Germaine
- Nimuhumure Imana yo izi kuringaniza - Perezida Kagame
- Umunyarwenya yatumiye Perezida Kagame mu ‘Isetsa Rusange’
- U Rwanda ni umufatanyabikorwa wizewe, uhamye kandi wubahwa - Minisitiri Nduhungirehe
- Ikibazo cya serivise z’ibyangombwa by’ubucuruzi cyongeye kugaruka mu Mushyikirano
- Abatuye Ngoma batakambiye Perezida Kagame ngo abagarurire Kaminuza ya INATEK
- Abakoresha imbuga nkoranyambaga mu Rwanda barasaba koroherezwa kuzibyaza amafaranga
- Abiga amashuri yisumbuye bikubye inshuro zirenga 20 mu myaka 32 ishize
- Umuyobozi w’urwego rw’abanyamakuru bigenzura yasabye Leta kugira amafaranga igenera abanyamakuru
- Kuki u Rwanda rutarega Congo?
- Amasezerano ya DRC n’u Rwanda i Washington twaranayasengeye - Min. Nduhungirehe
- Umushyikirano 20: Umunsi wa mbere mu mafoto
- Hari ibintu bine tudakora neza - Minisitiri w’Imari
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|