
Aba bacuruzi bagera kuri 19, bihanangirijwe ndetse basabwa kwikosora n’abandi badakoresha neza EBM, kugira ngo birinde ibihano biremereye biteganywa n’amategeko bahabwa mu gihe batabikosoye.
Mu itangazo ryashyizweho umukono na Komiseri mukuru wa RRA, Bizimana Ruganintwari Pascal, abaguzi bose bakanguriwe kuba maso bagasaba inyemezabuguzi ya EBM aho baguze hose, n’icyo baguze cyose ndetse no kugenzura ko amafaranga bishyuye ahuye nayo banditse kunyemezabwishyu.
Ibi bitangajwe mu gihe Ubuyobozi bw’Ikigo k’Imisoro n’Amahoro, bwagaragarije abikorera uko gusora bihagaze, n’icyakorwa kugira ngo imisoro icyo kigo cyinjiza ishobore kwiyongera nka mbere y’icyorezo cya Covid-19, mu mwiherero barimo w’iminsi itatu watangiye tariki 8 kugeza tariki 10 Gicurasi 2022.
Komiseri Ruganintwari, yasabye abikorera gukoresha inyemezabuguzi ya EBM, mu rwego rwo gukomeza kwinjiza imisoro myinshi.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|