Perezida Kagame yasetse abuririye ku byo u Rwanda ruherutse kuvuga ku mikoranire na M23
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasetse abuririye ku byo u Rwanda ruherutse kuvuga ko rufite uburyo rukorana na M23 mu kumenya amakuru atandukanye arufitiye akamaro ku nyungu z’umutekano warwo.
Ubwo yavugaga ijambo rifungura inama y’igihugu y’Umushyikirano, yagize ati "Abantu bavuga ngo twahakanye ko tutari muri Congo, ngo none ubu twarabyemeye...ibyo ni ubugoryi(nonsense)."
Kagame yavuze ko hari ikintu u Rwanda ruhora rubabwira abantu kijyanye n’ingamba z’ubwirinzi, ariko bakaba batabyumva.
Yagize ati "ubundi iki kibazo uko mpora ngisubiza, ni uku: niba ushaka kutubaza niba turi muri Congo, tubwire impamvu u Rwanda rwajya muri Congo, aho nawe wakwikuriramo igisubizo."
Kagame kandi yongeyeho ati "Mu myaka mirongo itatu ishize, twavuze ikibazo cy’umutekano mucye gituruka muri Congo, ariko bagakomeza batubaza, muri muri Congo, muri muri Congo?"
Kagame yavuze ko kuvuga ngo "Yego, icyo kiba ikibazo gikomeye mu isi, ndetse n’abanyamategeko barabizi...ni ukuvuga ngo ibindi bibazo byose bahita babyihorera, ubundi bakakurundaho ibibazo bya Congo ku mutwe wawe."
Aha ni ho Perezida Kagame yongeye kwibutsa ikiganiro yagiranye n’umunyamakuru mpuzamahanga mu minsi yashize,maze akamusubiza nk’uko nawe yari yakomeje kumubaza ikibazo kimwe asubiramo buri kanya.
Yagize ati "Ndibuka igihe umunyamakuru mpuzamahanga yambazaga niba tutari muri Congo, nkamubwira nti "simbizi. Icyo si igisubizo cyuzuye, ariko nta n’ubwo cyanjyana mu rukiko."
Kagame yahise yongera yibutsa ko u Rwanda rwakwikorera imitwaro yarwo, ariko rukaba rudashobora kongeraho ibya Congo.
Inkuru zijyanye na: Umushyikirano 20
- Dore imyanzuro yafatiwe mu Nama y’Umushyikirano yateranye ku nshuro ya 20
- Abarezi bahangayikishijwe n’abangavu baterwa inda
- MINISANTE yijeje gutanga serivisi zinoze kandi zegereye abaturage
- Ubu turi mu miyoborere izira ‘cachot, cachet na cash’
- Turasaba ko mwanoza gahunda y’imiturire kuko ikigaragaramo ibibazo - Umuturage
- Perezida Kagame : Ubwenge n’ubushobozi murabufite, ni iki kitubuza gutera imbere?
- U Rwanda rwahisemo imiyoborere myiza igaragara mu buzima bwa buri munsi bw’umuturage
- Ikibazo si ugushyira umukono ku masezerano, ikibazo ni ubushake bwa Politiki - Min. Nduhungirehe
- Umushyikirano ni umwanya mwiza wo gusuzuma ibyagezweho - Depite Mukabalisa Germaine
- Nimuhumure Imana yo izi kuringaniza - Perezida Kagame
- Umunyarwenya yatumiye Perezida Kagame mu ‘Isetsa Rusange’
- U Rwanda ni umufatanyabikorwa wizewe, uhamye kandi wubahwa - Minisitiri Nduhungirehe
- Ikibazo cya serivise z’ibyangombwa by’ubucuruzi cyongeye kugaruka mu Mushyikirano
- Abatuye Ngoma batakambiye Perezida Kagame ngo abagarurire Kaminuza ya INATEK
- Abakoresha imbuga nkoranyambaga mu Rwanda barasaba koroherezwa kuzibyaza amafaranga
- Abiga amashuri yisumbuye bikubye inshuro zirenga 20 mu myaka 32 ishize
- Umuyobozi w’urwego rw’abanyamakuru bigenzura yasabye Leta kugira amafaranga igenera abanyamakuru
- Kuki u Rwanda rutarega Congo?
- Amasezerano ya DRC n’u Rwanda i Washington twaranayasengeye - Min. Nduhungirehe
- Umushyikirano 20: Umunsi wa mbere mu mafoto
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|