Uyu mukino wa nyuma wabereye kuri Stade ya Prince Moulay Abdellah mu Mujyi wa Rabat aho Senegal yatwariyemo igikombe cya Afurika cyayo cya kabiri mu mateka.
Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X Kagame yashimiye iyi kipe, hamwe na Morocco uburyo yateguye iri rushanwa.
Perezida Kagame yari kumwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo Rwego Ngarambe ndetse na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda(FERWAFA) Shema Ngoga Fabrice.
Senegal yegukanye Igikombe cya Afurika 2025, itsindiye Morocco ku mukino wa nyuma igitego 1-0 cyatsinzwe na Pape Gueye ku munota wa 94 ku mupira yahawe na Idrissa Gana Gueye.
Perezida Paul Kagame aganira n’abarimo Perezida wa FIFA Giani Infantino na Perezida wa CAF Patrice Motsepe
Senegal yegukanye Igikombe cya Afurika 2025 mu mukino wa nyuma warebwe na Perezida Paul Kagame
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|