
Amafoto yashyizwe ku rubuga rw’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, agaragaza ko Perezida Kagame yitabiriye iyi siporo, hamwe n’abandi bayobozi barimo Misitiri wa Siporo Aurore Munyangaju Mimosa na Meya w’Umujyi wa Kigali Pudence Rubingisa.
Car Free Day ni siporo rusange yatangijwe muri Gicurasi 2016, igamije gushishikariza abatuye Umujyi wa Kigali umuco wo gukora siporo no kubiborohereza; gushishikariza abaturage kwirinda indwara zitandukanye, aho bahabwa inama bakanapimwa izo ndwara ku buntu.

Iyi siporo isigaye ikorwa kabiri mu kwezi, ndetse kugeza ubu isigaye ikorwa no mu zindi ntara z’Igihugu.
Iyi siporo kandi igamije gufasha mu kugabanya ihumanywa ry’umwuka abantu bahumeka, binyuze mu gukumira imodoka na moto mu mihanda abakora siporo bifashisha.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|