Perezida Kagame n’umushyitsi we Gen. Muhoozi bagize akanya ko gukina Basket

Amafoto yashyizwe ku rubuga n’umunyamakuru Andrew Mwenda uri kumwe na Jenerali Muhoozi muri uru ruzinduko, agaragaza Perezida Kagame n’umushyitsi we bakina basket nyuma y’ibiganiro bagiranye.

Jenerali Muhoozi, akunze kwerekana u Rwanda nk’igihugu yishimira cyane, ndetse akagaragaza ko yubaha Perezida Kagame cyane.

Mu nyandiko ze ku mbuga nkoranyambaga, hari aho agera akamwita Uncle (Nyirarume mu rurimi rw’Icyongereza).

Umunyamakuru Mwenda uzwi cyane muri aka karere, avuga ko muri uyu mukino wa Basket, we atabaye umukinnyi mwiza, ko yakozemo amakosa menshi atakwihanganirwa.

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka