Nta butaka busharira hasharira ingoma mbi - Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi yavuze ko mu butaka bw’u Rwanda buhingwa, 50% ari ubutaka busharira, ariko abaturage batuye i Nyaruguru na Nyamagabe, ngo bamaze kumva ko imiyoborere myiza ari yo y’ingenzi.

Minisitiri Telesphore Ndabamenye, mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano yagize ati "Aba baturage baba ahantu higanje ubutaka busharira baratubwiye bati: "Nta butaka busharira, hasharira ingoma mbi."

Aha, ngo babaga bashaka kwerekana ko ahari ubuyobozi bwiza, byose bigenda neza. Bashakaga kwerekana uko u Rwanda ruzirikana ibyo ubutaka bwabo bukeneye, cyane cyane babaha inyongeramusaruro, irimo ibirwanya ubusharire bw’ubutaka.

U Rwanda ruha abaturage ifumbire, n’izindi nyongeramusaruro muri gahunda ya Nkunganire. Mu ngengo y’imari ya vuba (2024–2025) Leta y’u Rwanda yatanze miliyari 54.2 Frw ku nkunga y’inyongeramusaruro (ifumbire n’imbuto).

Muri ayo, Miliyari 43.6 Frw zagiye ku ifumbire gusa, mu gihe Miliyari 10.6 Frw zagiye ku mbuto z’indobanure.

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka