Nimuhumure Imana yo izi kuringaniza - Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame yabwiye abari mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano ko nta muntu uri ku isi utahura n’ibibazo, ndetse ko n’abifuriza u Rwanda inabi, nabo bageraho ibyago bifuriza u Rwanda bikabageraho.

Yagize ati "Hari igihe ujya gutwika iby’ahandi, nawe ugasanga iwawe hahiye. Ntawe twifuriza ibyago, ariko icyo tuvuga, nuko ba bandi biyita ibihangange, batwifuriza ibibi, nabo bibageraho."

Yavuze ko u Rwanda rwifuza kubana neza n’abandi, ariko batabishaka nabwo u Rwanda rukaba nta kindi rwabikoraho, ariko icy’ingenzi kikaba ari uko u Rwanda imbaraga zarwo ruzikoresha mu kwiyubaka.

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka