Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi yasobanuye uko Ingengo y’imari yavugruwe

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, yatangaje Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2026/27 ingana na miliyari 7796,3 Frw, ugereranyije na miliyari 6952,1 Frw ari mu ngengo imari ivuguruye y’umwaka wa 2026.

Minisitiri Murangwa yavuze ko iyi ngengo y’imari yiyongereyeho miliyari 844,2 Frw ugereranyije n’ingengo y’imari ivuguruye y’umwaka wa 2025/2026 yari miliyari 6952,1 Frw.

Ati “Iri zamuka rishingiye ku cyerekezo cya Guverinoma cyo gukomeza gushora imari mu bikorwa byihutisha iterambere ry’ubukungu, guteza imbere imibereho myiza y’abaturage ndetse no kongera ubushobozi bw’inzego zitandukanye”

Minisitiri Murangwa yagaragaje ko ingengo y’imari y’uyu mwaka Leta iteganya gushyira imbaraga mu bikorwa remezo, ubuhinzi, uburezi, ubuzima, guhanga imirimo no guteza imbere gahunda zigamije kuzamura imibereho y’abaturage.

Minisitiri Murangwa yavuze ko ingengo y’imari ya 2026/2027 yubakiye ku ntego zo gukomeza kuzahura ubukungu no kongera umusaruro mu nzego zitandukanye zifatiye runini abaturage.

Yanagaragaje ko Guverinoma ikomeje gushyira imbere imikoreshereze inoze y’umutungo wa Leta, gukomeza gukusanya neza imisoro no kongera ubushobozi bw’igihugu bwo kwigira.

Ministiri Murangwa yavuze ko kubera ingaruka z’intambara yo mu Burasirazuba bwo hagati Leta izakomeza gukaza ingamba zo guhangana n’izamuka n’ihindagurika ry’ibiciro byo ku masoko kugira ngo bidakomeza kugira ingaruka ku baturage no ku gihugu.

Ati“Muri iyi ngengo y’imari tuzanita cyane ku guhanga n’ihindagurika y’ibihe kuko twasanze bigira ingaruka cyane ku bukungu bw’ibikomoka ku buhinzi”.

Minisitiri Murangwa yagaragaje ko amafaranga akomoka imbere mu gihugu azazamuka ku kigero cya 13.1%, mu gihe amafaranga ava hanze azazamuka ku kigero cya 10.2%. Ibi bikaba byerekana byerekana icyerekezo cyiza cyo kwigira k’ubukungu bw’u Rwanda.

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka