Louise Mushikiwabo agiye kwiyamamariza manda ya gatatu yo kuyobora Francophonie

U Rwanda rwatanze Louise Mushikiwabo nk’umukandida ku mwanya w’umunyamabanga mukuru w’umuryango w’ibihugu bivuga Igifaransa, OIF-Francophonie.

Itangazo rya Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, ryavuze ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatanze Madame Louise Mushikiwabo.

Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo, yabaye Umunyamabanga mukuru wa Francophonie wa kane, akaba yaratangiye manda ya mbere y’imyaka ine mu Kwakira 2018, aho yatsinze umunya Canada Michaëlle Jean wari uyoboye manda imwe.

Yongeye gutorerwa manda ya kabiri mu Gushyingo 2022 ku bwiganze bw’Amajwi, nta n’umwe bahanganye.

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka