Kuki u Rwanda rutarega Congo?

Icyamamare ku mbuga Nkoranyambaga, Gatete Nyiringabo Ruhumuriza, yabajije impamvu u Rwanda rutarega igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo(DRC) rukomeza kuvuga amagambo asesereza, ndetse ashobora gukurura urwango ruganisha kuri Jenoside muri aka karere.

Gatete yahereye ku magambo umuvugizi w’Ingabo za Congo, Sylvain Ekenge yavuze mu minsi ishize, avuga ngo "Abatutsi ni abagome, abagambanyi, ko ntawe ukwiye kwizera abagore b’abatutsi."

Yahise avuga ati "ariko ntibyumvikana ukuntu u Rwanda rwumva amagambo nk’aya ntirurege Congo ku magambo nk’aya. Niba koko u Rwanda rutizera umuryango mpuzamahanga n’inkiko mpuzamahanga, ariko ntabwo rukwiye kurekera aho.

Ikindi yashingiragaho, ni ibiganiro Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Felix Tshisekedi yakomeje kuvuga, ko azakuraho ubutegetsi bw’u Rwanda, ariko u Rwanda ntirurege Congo kuri ibyo bitekerezo byo kubangamira ubusugire bwarwo.

Yavuze ko Congo ihgora yiruka ijya kurega u Rwanda, ariko ko na rwo rudakwiye kurekera aho gusa.

Inkuru zijyanye na: Umushyikirano 20

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka