Kayonza: Meya n’abamwungirije birukanywe ku mirimo

Ubuyobozi bw’Inama Njyanama y’Akarere ka Kayonza, bwatangaje ko bwahagaritse ku mirimo Komite Nyobozi y’ako Karere, kubera kutuzuza inshingano zabo ku baturage.

John Bosco Nyemazi wayoboraga Akarere ka Kayonza
John Bosco Nyemazi wayoboraga Akarere ka Kayonza

Abahagaritswe mu kazi ni Umuyobozi w’Akarere John Bosco Nyemazi, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Hope Munganyinka hamwe n’ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Jean Damascène Harerimana.

Ubuyobozi bw’Inama Njyanama bw’Akarere ka Kayonza buvuga ko bahagaritswe kuri iki cyumweru tari 7 Ukuboza 2025, kubera kutubahiriza inshingano zabo, zirimo kudatanga serivisi nk’uko bikwiye ku baturage.

Perezida wa Njyanama y’Akarere, Doreen Basiime Karimba, avuga ko byahereye ku nkuru y’amapfa abaturage baheruka kugaragaza ko batewe no kurangaranwa n’abayobozi, kandi bigaragara ko amakuru bari bayafite.

Ati “Ni yo mpamvu twabonye ko hari n’ibindi bipimo bitagenze neza, Inama Njyanama nk’urwego ruhagarariye Akarere n’abaturage, ruhitamo ko bahagarikwa.

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka