Isabukuru nziza ku miryango itari iya Leta
Tariki 27 Gashyantare buri mwaka, Isi yose yizihiza Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Imiryango itari iya Leta (Non-Governmental Organizations/NGOs), yaba iy’imbere mu bihugu ndetse n’ikomoka hanze y’ibihugu ikoreramo.
Imiryango itari iya Leta ahanini izwiho gufasha abaturage kwikura mu bukene, guha inkunga zitandukanye abaturage cyane cyane abo mu bihugu birimo umutekano muke cyangwa byahuye n’ibiza runaka, kubajijura, kubakorera ubuvugizi n’ibindi hagamijwe ko bigobotora ibibazo runaka.
Mu Rwanda na ho imiryango itari iya Leta irahari kandi yahozeho, ikaba igaragara mu bikorwa bitandukanye byunganira Leta mu rugamba ihoramo rwo guteza imbere abaturage.
Mu Rwanda mu 2015 habarirwaga imiryango itari iya Leta 1,419 irimo imiryango nyarwanda 1,254 n’imiryango mpuzamahanga 165. Iyi mibare igaragara muri raporo ya sosiye sivile y’uwo mwaka (Rwanda Civil Society Development Barometer/RCSDB 2015).
Mu mwaka wa 2018, imiryango nyarwanda yanditswe yari 1,335 naho imiryango mpuzamahanga ikaba yari 173, mu gihe ishingiye ku myemerere yari 740.
Mu mwaka wa 2019, imiryango nyarwanda yanditswe yari 1,596 naho imiryango mpuzamahanga ikaba yari 184, naho ishingiye ku myemerere yari 740.
Mu 2021 imiryango itari iya Leta yariyongereye, aho imiryango nyarwanda yari 2086, imiryango mpuzamahanga yari 195. Habaruwe kandi imiryango ishingiye ku myemerere 795, yose ikaba 3076 nk’uko bigaragara muri Raporo y’Ibikorwa by’umwaka wa 2020-2021 y’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB).
Muri uyu mwaka, imiryango mvamahanga yakoze ibikorwa bitandunye by’iterambere birimo ibijyanye n’uburezi, ubuhinzi, ibikorwa remezo, iterambere ry’umuryango, kurengera ibidukikije, ibijyanye n’ingufu n’ibindi, byose byatwaye 183,183,609 z’Amadolari ya Amerika (asaga Miliyari 267Frw).
Mu 2025, RGB yakoze igenzura ku miryango itari iya Leta, aho imiryango nyarwanda yari 1,487 mu gihe imiryango mpuzamahanga yo yari 226. Hagenzuwe kandi imiryango ishingiye ku myemerere 557 ndetse na Fondasiyo 76, yose hamwe ikaba 2,366 ari na yo yari mu gihugu, nk’uko biri muri Raporo y’Ibikorwa by’umwaka wa 2024-2025 ya RGB.
Iyo raporo igaragaza ko imiryango nyarwanda itari iya Leta ari yo yiganje kuko iri ku kigero cya 62.8%, imiryango ishingiye ku myemerere ni 24.4%, imiryango mpuzamahanga itari iya Leta ni 9.6% naho Fondasiyo ikaba 3.2%.
Ibikorwa by’iyi miryango byiganje mu burezi (52.9%), imibereho myiza (41.7%), ubuzima (38.6%) no guteza imbere urubyiruko (34.4%). Ku bijyanye no kubahiriza amategeko, imiryango igera kuri 93.2% ifite icyicaro kizwi naho 67.9% ni yo ifite ingamba zijyanye no guteza imbere amahame yo kudaheza.
Muri ibi bikorwa, imiryango mpuzamahanga itari iya Leta yakoresheje ingengo y’imari ya 204,888,377 z’Amadolari ya Amerika (asaga Miliyari 299Frw).
Umunsi mpuzamahanga wahariwe Imiryango itari iya Leta watangiye kwizihizwa mu 2014, igikorwa cyabereye i Helsinki muri Finland.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|