Ibikorwa byo kwimura izi mpunzi zose ziri mu nkambi ya Nkamira bizatangira ku wa mbere tariki 13/08/2012; nk’uko bitangazwa na Minisiteri y’Imicungire y’Ibiza n’Impunzi (MIDMAR).
Hari hashize iminsi ibikorwa byo kwimura izi mpunzi byarahagaze kubera inkambi ya Kigeme yari yaruzuye n’ubutaka bwo kubakaho ayandi mazu bwari bwarashize.
Minisiteri y’Imicungire y’Ibiza n’Impunzi yari imaze iminsi iri mu bikorwa byo kugurira bamwe mu baturage baturiye iyi nkambi kugira ngo haboneke ubundi butaka bwo kubakaho andi mazu y’impunzi.
Nk’uko tubikesha Ntawukuriryayo Frederic, umukozi ushinzwe itangazamakuru muri MIDMAR, abantu 44 bamaze kwimurwa ndetse n’amazu y’amahema izi mpunzi zigomba kubamo yaramaze kubakwa.
Kuri uyu wa kane tariki 09/08/2012, umunyamabanga uhoraho muri MIDMAR, Ruvebana Antoine yatangaje ko mu minsi mike ibikotrwa byo kwimura izi mpunzi zisigaye mu nkambi ya Nkamira biraba bitangiye.
Ruvebana kandi yijeje izi mpunzi ko Leta y’u Rwanda izakomeza kuziba hafi no kuzifasha mu gihe zikiri mu Rwanda.
Jacques Furaha
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|